Maj. Zizinga wigeze gushinjwa kuroga Perezida Museveni, yapfuye

Sangiza iyi nkuru

Umusirikare wa Uganda, Rtd. Maj. Oliver Zizinga wigeze gushinjwa kuroga uyu mukuru w’igihugu, yapfiriye mu bitaro bya Kololo muri Kampala kuri uyu wa 23 Mutarama 2021.

Amakuru y’urupfu rw’uyu mukecuru warwanye urugamba rwagejeje Perezida Museveni ku butegetsi, yemejwe n’Umuvugizi w’igisirikare cya Uganda, Brig. Gen. Flavia Byekwaso.

Gen. Byekwaso yagize ati: “Umuryango wa UPDF (ingabo za Uganda) wifatanyije mu kababaro n’uw’umusirikare w’amateka wa NRA Maj. Oliver Zizinga wapfiriye mu bitaro bya Medipal Hospital Kololo saa 10:00 am. Ubwitange mu kubohora Uganda ntabwo bwabaye imfabusa. Imana ituze roho ye mu mahoro.”

Nk’uko Daily Monitor yabitangaje, mu myaka y’1980 Maj. Zizinga yasimbutse urupfu inshuro zirenze imwe, ashinjwa kuroga Perezida Museveni ubwo yari ashinzwe kumugaburira. Ubwa mbere ni igihe uyu Mukuru w’Igihugu yahawe icyayi kirimo ibabi ry’icyatsi cyitwa ‘mujaaja’, akarwara nyuma yo kukinywa.

Mbere y’uko Museveni anywa iki cyayi, ngo nyirasenge yari yaramuburiye ko ashobora kuzarogwa hifashishijwe iki cyatsi. Nyuma yo kurwara amaze kunywa iki cyayi, Maj. Zizinga na mugenzi we witwa Gertrude Njuba baraketswe gusa muganga Dr. Bata wamupimye yaje kugaragaza ko uburwayi yabutewe n’inzoka zo mu nda zitwa ‘amibes’.

Iki gitangazamakuru kivuga ko hari ikindi gihe Maj. Zizinga na Njuba bongeye gushinjwa kuroga Museveni, bituma Zizinga amara iminsi itatu kugira ngo byibuze abasirikare ba NRA bamwice.

Kurira muri ibyo bihe ntabwo byari byemewe ku musirikare kuko ngo uwabikoraga yahanishwaga igihano kwo kwicwa arashwe. Gusa ntabwo Maj. Zizinga yishwe, kuko Museveni yaramubabariye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *