USA: Donald Trump na Hillary Clinton bari kwiyamamaza bwa nyuma

Sangiza iyi nkuru

Abakandida Hillary Clinton na Donald Trump bahataniye kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika bakomeje ibikorwa byo kwiyamamaza kuri uyu wa Gatandatu mu gihe hasigaye iminsi ibarirwa ku ntoki ngo amatora atangire.

[ad id=”44145″]

Kuri uyu wa gatandatu, Donald Trump uzaba uhagarariye ishyaka ry’abarepubulikani, yiyamamarije muri Carolina y’Amajyaruguru, Florida, Colorado na Nevada, ndetse anagera akanya gato muri leta ya Minnesota bisanzwe bizwi ko ari yo abademokarate bakunze gukuramo intsinzi.

Muri Carolina y’Amajyaruguru, Donald Trump yabwiye abamushyigikiye ko umutima wo gukunda igihugu ariwo watumye afata icyemezo cyo guhatanira kukiyobora.

Naho umukandida Hillary Clinton aho yari ari muri leta ya Florida yabwiye imbaga y’abamushyigikiye ko agiye kuba perezida igihugu gikeneye. Clinton kandi kuri uyu wa Gatandatu akaba yaragiye no muri leta za Philadelphia na Pennyslvania.

[ad id=”44145″]

Mu gihe rero hasigaye iminsi 2 gusa yo kwiyamamaza mbere y’uko amatora aba, imibare yo ikomeje kugaragaza ko abakandida babiri bahanganye amajwi yabo yegeranye cyane.

K anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *