Rutahizamu w’ikipe ya Manchester United, Marcus Rashford aravuga ko yishimira kuba ari umwirabura kandi nta muntu wagira icyo akora ngo bitume yumva atandukanye, nyuma yo kwibasirwa yohererezwa ubutumwa bw’ivangurahu kuri uyu wa gatandatu ushize.
Uyu mukinnyi w’imyaka 22 yakiriye ubutumwa butandukanye kuri instagram bumwibasira kubera ko ari umwirabura kuwa gatandatu nyuma y’umukino wahuje Man. U na Arsenal bakanganya 0-0.
Ati “ Ndi Umwirabura kandi mbaho buri munsi ntewe ishema n’uko ndiwe,”
Nk’uko iyi nkuru dukesha BBC ikomeza ivuga, Rashford yakomeje agira ati: “Nta n’umwe, cyangwa amagambo ye, bizatuma numva ntandukanye. Kubw’ibyo mwihangane niba mwari muri gushaka’ reaction’ ikomeye gusa ntushobora kuyibona hano.”
Uyu mukinnyi yakomeje avuga ko afite abandi bana beza b’uruhu rutandukanye, Abazungu, abirabura, abanyaziya n’abandi bamuri inyuma kandi badakeneye gusoma ubwo butumwa bw’ivanguraruhu yohererezwa.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku Cyumweru, Polisi Manchester (GMP) yavuze ko izi ko abakinnyi benshi ba Manchester United bakorewe ivanguraruhu ku mbuga nkoranyambaga hagati yo kuwa Gatatu no kuwa Gatandatu.
Polisi yavuze ko nta muntu ukwiye gukorerwa iryo hohoterwa kandi bibabaje cyane, atari ku bahohotewe gusa, ahubwo ku bantu bose bahura n’iri vanguraruhu.
Ku ruhande rwayo, ikigo cya Facebook ari nacyo gifite Instagram, cyasohoye itangazo nyuma yo guhohoterwa kwa Rashford rigira riti: “Twafashe ingamba muri iki kibazo dukuraho konti n’ibitekerezo kandi dukomeje iperereza.”


