Karenzi anenga abanyamakuru bakomeje ikiganiro, mugenzi wabo yambuwe ijambo

Sangiza iyi nkuru

Umunyamakuru wa RadioTV10, Sam Karenzi kuri uyu wa 11 Gashyantare 2021 yanenze bagenzi be bemeye ko ikiganiro n’itangazamakuru gikomeza, mu gihe mugenzi wabo Jean Luc Imfurayacu yari amaze kwamburwa ijambo.

Iki kiganiro cyabaye kuri uyu wa 10 Gashyantare 2021 kiyobowe na Minisiteri ya Siporo, aho abacyitabiriye bareberaga hamwe uko urugendo rw’Amavubi mu irushanwa rya CHAN muri Caméroun rwagenze.

Ubwo uyu munyamakuru wa Radio B&B FM (Imfurayacu) yavugaga ku kibazo itsinda ry’abanyamakuru ryaherekeje Amavubi ryagiranye n’itsinda ry’abayobozi baherekeje iyi kipe, yambuwe micro, bitegetswe n’umusangiza w’amagambo, Karambizi Olivier usanzwe ari Umujyanama w’iyi Minisiteri.

Karambizi yasabye ko micro ihabwa abandi banyamakuru, bari biteguye kuvuga cyangwa kubaza nyuma ya Imfurayacu.

Sam Karenzi uri mu bababajwe n’iki cyemezo cyafatiwe Imfurayacu, akoresheje Twitter yanenze abanyamakuru bari mu cyumba cyakobereyemo iki kiganiro, kuko ngo bisuzuguje. Ati: “Mbona natwe dufite ikibazo rwose turisuzuguza! Umugabo yambura undi ijambo, hanyuma ikiganiro kigakomeza mukamanika amaboko musaba ijambo? Igihe kirageze ngo twiheshe agaciro.”

Mu kiganiro 10 Sports, uyu munyamakuru yagarutse kuri ubu butumwa bwe, agira ati: “Si twe bwaba twisuzuguza ubundi? Ahubwo se umuntu ashobora kwaka umuntu micro, arimo abaza, hanyuma akayiha undi na we akabaza? Batse mugenzi wawe micro, bamubujije kubaza, hanyuma ati ‘nimuyihe…akayifata akabaza? Nawe ufashe micro urabajije?”

BWIZA yagiranye ikiganiro na Karenzi cyerekeye ubu butumwa bwe, imubaza icyo yari gukora amaze kubona Imfurayacu yambuwe ijambo, avuga ko icyari gikwiye ari ugusohoka. Ati: “Iyo uwagutumiye akwatse ijambo, igikwiriye kwari ugusohoka bagataha, njyewe ni cyo nari gukora.”

Mu mboni ze, kuba abanyamakuru bari mu cyumba cyabereyemo ikiganiro barakomeje kubaza, baba babitewe no kutishobora (ubukene), akavuga ko ariko butakabaye urwitwazo kuko ngo “ubukene bubi ni mu mutwe”. Ati: “Mu bushobozi buke bwacu, dukwiye kwihangana, tukihagararaho.”

Uyu munyamakuru asaba bagenzi be guharanira impinduka, bagatandukanya ikibi n’icyiza, birinda ababakoresha mu nyungu zabo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *