Guinea: Ebola yishe bane, abandi bajyanwa ku bitaro

Sangiza iyi nkuru

Urwego rwa Guinea rushinzwe ubuzima, NHSA (National Health Security Agency) rwatangaje ko icyorezo cya Ebola cyongeye kugaragara muri iki gihugu cyishe abantu bane, abandi bane bajyanwa ku bitaro.

Nk’uko tubikesha Radiyo Ijwi rya Amerika, Sakoba Keita uyoboye uru rwego yatangaje ko uwa mbere wari umuvuzi yishwe n’iki cyorezo mu mpera za Mutarama 2021, ashyingurwa tariki ya 1 Gashyantare.

Keita yavuze ko umunani mu bamushyinguye baje kugaragaza ibimenyetso by’iki cyorezo birimo: kuruka no kuva amaraso. Batatu muri bo na bo baje gupfa.

Ati: “Mu bitabiriye gushyingura; umunani bagaragaje ibimenyetso nka Diyare, kuruka no kuva amaraso. Batatu barapfuye, abandi bane bajyanwe ku bitaro.”

Izi mfu za Ebola zitangajwe nyuma y’umunsi umwe Umunyamabanga Mukuru w’umuryango mpuzamahanga wita ku buzima (OMS), Dr. Tedros Adhanom atangaje ko Guinea yabonetsemo babiri bakekwaho iki cyorezo.

Usibye Guinea, na Repubulika ya Demukarasi ya Congo imaze kugaragaramo abantu batatu banduye Ebola, bose banamaze gupfa. Ni nyuma y’aho byari bizwi ko cyaba kitakiri muri iki gihugu guhera muri Kamena 2020.

Dr. Tedros yavuze ko ishami rya OMS ku mugabane wa Afurika, ryiteguye guhangana n’iki cyorezo cyongeye kugaragara muri iki gihugu nyuma y’imyaka itanu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *