Umugabo w’imyaka 62 witwa Tiryambwenu w’ i Kabale muri Uganda yafashwe nyuma yo kujyana umwana we w’umukobwa w’imyaka 10 kuboneza urubyaro kwa muganga kuko yamuhinduye umugore akamwanduza agakoko gatera SIDA nk’uko impapuro zo kwa muganga zibyemeza. Umuvugizi wa Polisi mu gace ka Kigezi, Elly Maate yatangarije Chimpreports ko uyu mugabo yamaze gutabwa muri yombi, akaba asanzwe atuye ahitwa Rwamukundi, Kirijime mu Karere ka Kabale. Avuga ko Tiryambwenu yafashwe kuwa Gatatu w’iki cyumweru ubwo yari ajyanye uwo mwana w’umukobwa ku Bitaro bya Rugarama ngo aboneze urubyaro, ibintu byateye abaganga gukemanga icyo gikorwa, bagatabaza ubuyobozi. Biravugwa ko Tiryambwenu yatangiye gusambanya umukobwa we nyuma y’aho umugore we, Tumwebaze Gloria amutaye, agasigarana n’uwo mwana w’umukobwa yasambanyaga.
Kurikira ibiganiro n’ama Video binyura kuri Bwiza TV


