Rusesabagina mu rubanza, Idamange muri yombi: Inkuru nyamukuru zaranze icyumweru gishize

Sangiza iyi nkuru

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 15 Gashyantare 2021 cyaranzwe n’amakuru yiganjemo ay’ubutabera burebana n’u Rwanda, aho Rusesabagina ukurikiranweho ibyaha by’iterabwoba yaburanishijwe mu mizi, Idamange wari warateje impaka atabwa muri yombi.

Ni akurikira:

Niyomwungere yahishuye uko yashutse Rusesabagina

Habura umunsi umwe ngo urubanza ‘mu mizi’ rwa Rusesabagina rube, ibitangazamakuru Libération na Jeune Afrique byatangaje uko Pasiteri Niyomwungere yashutse uyu musaza w’imyaka 66 y’amavuko akisanga i Kigali, aho yahise atabwa muri yombi.

Pasiteri Niyomwungere ukomoka mu Burundi yahishuye ko yari amaze imyaka 2 ari inshuti ya Rusesabagina, amwizera bigera aho amusaba ko yamugeza ku bayobozi b’icyo gihugu bagombaga kuganira ku buryo bakwemerera umutwe witwaje intwaro wa FLN kujya ugaba ibitero mu Rwanda.

Umunsi warageze, Pasiteri Niyomwungere abifashijwemo n’Urwego rw’u Rwanda rw’Ubugenzacyaha (RIB) yagendaga aha amakuru, ageza mu Rusesabagina mu Rwanda mu mpera za Kanama 2021 yari azi ko ari kujya i Burundi.

Urubanza rwa Rusesabagina

Tariki ya 17 Gashyantare 2021 mu ngoro y’Urukiko rw’Ikirenga, habereye urubanza rwa Paul Rusesabagina n’abandi 21 bareganwa rwaburanishijwe mu mizi rwakurikiranwaga ku rubuga rwa YouTube.

Rusesabagina n’umunyamategeko we bahawe umwanya, batanga imbogamizi y’uko urukiko rwo mu Rwanda rumuburanisha rudafite ububasha bwo kumuburanisha kubera ko atari Umunyarwanda ahubwo ngo ari Umubiligi.

Iyi ngingo yakomeje kugibwaho impaka kugeza ubwo urukiko rwafatiwe icyemezo cyo gusubika urubanza, rukazasubukurwa tariki ya 26 Gashyantare abacamanza bamaze gutanga umwanzuro ko mbogamizi zatanzwe n’uruhande rw’uregwa.

Idamange yatawe muri yombi

Idamange Iryamugwiza Yvonne wari umaze iminsi ateza impaka ku mbuga nkoranyambaga bitewe n’amagambo yari akomeje gutangariza kuri YouTube, yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubuganzacyaha (RIB) ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda, tariki ya 15 Gashyantare 2021.

Ni igikorwa cyakiriwe neza n’abiganjemo abamusabiraga gufungwa, bamushinja gupfobya jenoside yakorewe Abatutsi no kwibasira Umukuru w’Igihugu; ku rundi ruhande kibabaza abatavuga rumwe na Leta y’u Rwanda biganjemo ababa mu mahanga, bake muri bo banakoze imyigaragambyo basaba ko arekurwa.

RIB yatangaje ko Idamange akurikiranweho guteza imvururu n’imidugararo muri rubanda.

Perezida Tshisekedi mu biganiro n’igisirikare cy’u Rwanda n’icya Uganda

Nyuma y’ukwezi yakiriye intumwa z’u Rwanda zirimo Umugaba Mukuru w’Ingabo, Gen. Jean Bosco Kazura, Perezida Tshisekedi wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo yakiriye n’izaturutse muri Uganda ziyobowe n’Umugaba Mukuru wungirije, Lt. Gen. Mbadi Mbasu Wilson, tariki ya 18 Gashyantare 2021.

Ibiganiro Tshisekedi yagiranye n’izi ntumwa birebana n’umutekano wa RDC na buri gihugu zaturutsemo, aho impande zombi zagiye zanzura ko zigiye kwifatanya mu kurwanya imitwe yitwaje intwaro yahungabanya amahoro n’umutekano bya buri gihugu.

Amashuri yemerewe kongera gufungura muri Kigali, amasaha y’ingendo arongerwa

Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki ya 19 Gashyantare 2021 yafatiwemo icyemezo cyo gufungura amashuri y’incuke, abanza, ayisumbuye, amakuru na za kaminuza mu mujyi wa Kigali, guhera kuri uyu wa 23 Gashyantare, nyuma y’ukwezi yari amaze afunze.

Iyi nama kandi yafatiwemo icyemezo cyo kongera amasaha y’ingendo, aho ubu zemerewe gukora guhera saa kumi z’igitondo kugeza saa mbiri z’ijoro.

Hafashwe ibyemezo birimo kwemerera insengero zujuje ibisabwa gukora ariko zikakira abantu 30% bijyanye n’ubushobozi bwazo ndetse n’ubukwe bukorerwa mu nsengero buremewe ariko bukitabirwa n’abatarenze 20.

Kurikira ibiganiro na videwo binyura kuri Bwiza TV


Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. Rusesabagina mu rubanza, Idamange muri yombi: Inkuru nyamukuru zaranze icyumweru gishize
    Yampay numéro ye y’a whatsapp tukavugana

  2. Rusesabagina mu rubanza, Idamange muri yombi: Inkuru nyamukuru zaranze icyumweru gishize
    Yampay numéro ye y’a whatsapp tukavugana

  3. Rusesabagina mu rubanza, Idamange muri yombi: Inkuru nyamukuru zaranze icyumweru gishize
    Urakoze JD, rwose abo bose bamusambanije ataragira imyaka yúbukure mumugire inama yo kubarega ubutabera bubagire inama. Ikindi bahora bicira urubanza kandi ari victims. Ni umujinya gusa.

  4. Rusesabagina mu rubanza, Idamange muri yombi: Inkuru nyamukuru zaranze icyumweru gishize
    Urakoze JD, rwose abo bose bamusambanije ataragira imyaka yúbukure mumugire inama yo kubarega ubutabera bubagire inama. Ikindi bahora bicira urubanza kandi ari victims. Ni umujinya gusa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *