Abacungagereza 177 bazamuwe mu ntera

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame aherutse kuzamura mu ntera abacungagereza 177 bari mu byiciro bitandukanye by’amapeti.

Bigaragara mu Iteka rya Perezida No 07/01 ryo ku wa 05/02/2021 riri mu Igazeti ya Leta Idasanzwe yo ku wa 10/02/2021, yaciye ashingiye ku Itegekonshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe mu 2015, cyane mu ngingo y’112, iy’120, iy’122 n’iy’176.

Yashingiye kandi ku Iteka rya Perezida No31/01 ryo ku wa 24/1/2018 rishyiraho sitati yihariye igenga abacungagereza, cyane cyane mu ngingo ya 18 n’iya 19, bisabwe na Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, bikaba byaranemejwe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 14 Gashyantare 2021 nyuma yo kubisuzuma.

Nk’uko bigaragara mu mugereka w’iri teka: abapolisi 85 bari bafite ipeti rya Chief Inspector of Prison (CIP), bazamuwe mu ntera ku ipeti rya Superintendent of Prison (SUPT).

Abacungagereza 58 bari bafite ipeti rya Inspector of Prison (IP) bazamuwe mu ntera ku ipeti rya Chief Inspector of Prison (CIP).

Abacungagereza 19 bari bafite ipeti rya Assistant Inspector of Prison (AIP), bazamuwe mu ntera ku ipeti rya Inspector of Prison (IP).

13 bari bafite ipeti rya Chief Surgeant (CSGT), umwe wari ufite ipeti rya Senior Sergeant (SSGT) n’undi wari ufite ipeti rya Sergeant (SGT) bazamuwe mu ntera ku ipeti rya Assistant Inspector of Prison (AIP).

Abacungagereza 677 ni bo baherukaga kuzamurwa mu ntera tariki ya 31 Ukuboza 2020. Barimo 110 bahawe ipeti rya CSGT, 392 bahawe irya SSGT, 75 bahawe irya SGT n’abandi 100 bahawe irya Corporal (CPL).

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *