Mu gihe hashize iminsi mike bitangajwe ko hari inama yabaye mu mwaka wa 2014, yika ukuntu perezida Nkurunziza yazaguma ku butegetsi kugeza igihe azumva arambiwe, ubu Leta y’u Burundi irimo kwiga uburyo itegekonshinga ryahindurwa.
Mu nama Perezida Nkurunziza yagiranye n’Abaminisitiri ku wa Gatatu tariki ya 16 Ugushyingo 2016, bagarutse cyane ku kwiga ku ikipe igomba kujyaho igahindura zimwe mu ngingo zo mu itegekonshinga.
[ad id=”44145″]
Iki gitekerezo cyo kurihindura ngo kikaba cyaraturutse mu nama y’abadepite yabaye tariki ya 21 Werurwe 2014, ariko hakaza kubura ijwi rimwe rya Depite Bonaventure Niyoyankana.
Musenyeri Justin Nzoyisaba, umuyobozi w’ikipe ishinzwe guhuza Abarundi abicishije mu cyegeranyo cy’inama yakoranye n’abandi banyapolitiki, yatangaje ko bikwiye ko Itegekonshinga ryahindurwa umukuru w’igihugu akajya ategeka kugeza igihe ananiwe cyangwa abaturage batakimushaka.
Uyu mushinga wo guhindura itegekonshinga ukaba uje n’ubundi Leta y’u Burundi itarabasha gukemura amakimbirane ifitanye n’abayirwanya batemeranyije n’ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi, ryongeye kutanga perezida Nkurunziza nk’umukandida kuri manda ya 3.
Uku kutumvikana bikaba byarakuruye imvururu zo kuva muri Mata 2015, kugeza niyi saha abantu barenga ibihumbi 250 bari mu buhunzi abandi basaga 500 bakaba barishwe.
[ad id=”44145″]
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Itangishatse Théoneste/Bwiza.com


