Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Hon. Bamporiki Edouard yashimye uburyo ikipe y’u Rwanda y’umupira w’amaguru yitwaye imbere y’iya Cameroon, mu mukino wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa 30 Werurwe 2021.
Muri uyu mukino, amakipe yashakishaga itike yo kwitabira irushanwa ry’igikombe cya Afurika cy’ibihugu (CAN), warangariye yombi anganya ubusa ku busa (0-0).
Hon. Bamporiki agaragaza uburyo yanyuzwe n’imyitwarire y’ikipe y’u Rwanda, yavuze ko kwimana igihugu atari ugutsinda ibitego byinshi cyangwa se gucyura iminyago, avuga ko burya no kunganya biba ari ubutwari.
Yagize ati: “Kwimana u Rwanda si ukugwiza ibitego gusa, si ugucyura iminyago gusa. No kugwa miswi n’uguhiga ubutwari, ni ukwesa umuhigo waguhesha gusomera ku ntango y’imihigo, ukavuga amacumu utarambaraye.”
Yakomeje avuga ati: “U Rwanda mwarwimanye uko mushoboye, umutsindo tubonye uduhwiture urugamba rw’ejo.”
Mu itsinda ikipe y’u Rwanda yari iherereyemo, yabaye iya gatatu igira amanota 6. Ikipe ya Cameroon iri ku mwanya wa mbere yagize amanota 11, Cape Verde yabaye iya kabiri yagize amanota 10.
Kugira ngo Amavubi akatishe itike ya CAN, yasabwaga gutsinda ikipe ya Cameroon ariko na Cape Verde igatsindwa na Mozambique yari ku mwanya wa nyuma mu itsinda. Gusa amahirwe yombi yanze, ananirwa gutsinda, Cape Verde nayo itsinda Mozambique igitego kimwe ku busa.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


