Kim Kardashian umugore w’icyamamare Kanye West akomeje kwigaragaza mu mafoto agaragaza ubwambure bwe, kuri iyi nshuro yatangiye kugaragaza ko akiri mwiza kandi ateye neza n’ubwo atwite.

Kardashian akimara kubyara imfura ye North ,abaganga bamubwiye ko nta wundi mwana azabyara,ariko kubw’amahirwe Imana imukuraho igisuzuguriro.
Nyuma yo kumva amakuru avuga ko yaba yarahindanye kubera gutwita ariko yahisemo gushyira rukuta rwe rwa Instagram amafoto agaragaza ubwambure bwe n’uko ateye kugira ngo amare mpungenge abavuga n’abamusebya.

Ku mafoto Kardashian yanditseho amagambo agaragaza ko ubwiza bwe ntaho bwagiye kubera ko atwite, anemeza ko yashakaga kumara impaka abakekaga ko ubwiza bwe bwagabanyutse kubwo gutwita.
Kardashian yagize ati”byajyaga bivugwa ko nabyibushye cyane,ariko nashatse gukuraho urujijo,ndetse abandi bajyaga bavuga ko nabaye mubi ariko nabyo nshatse kugaragaza ko ari ukwibeshya.

Rimwe na rimwe mfotorwa ntararya bigatuma ngaragara nk’aho ndi muto,ubundi naba maze kurya bikagaragara ko mbyibushye,byose biba bifite impamvu.
Ndahamya ko nimara kubyara byose bizashira kuko biba bitandukanye, ku bagore batwite ni ngombwa ko umubiri uhinduka ,njye nzi kwiyitaho no kurinda ubwiza bwanjye kabone n’ubwo ntwite.

N’iyo nabyibuha,nzi uburyo nabigenza nkagumana ubwiza bwanjye,ndi umunyamugisha kuba ntwite ndetse ndi n’umunya mahirwe uko naba meze kose ndi mwiza kandi ndi uw’igikundiro naho abavuguga ibihuha bo ni akazi kabo ni bakomeze bavuge. ”

Kardashian yatangaje bwa mbere amakuru y’uko atwite mu mpera z’ukwezi kwa Gicurasi anatangaza se w’umwana ku munsi w’abagabo,biteganyijwe kandi ko azibaruka umuhungu mu kwezi k’ukuboza.
Gusa n’ubwo yakekaga ko aya mafoto ari bukureho urujijo akanatuma bamwe mu bamuvugaga ko yahindanye baceceka byarushijeho gukara kuko yavuzweho byinshi ndetse akanakwirakwizwa hose ku mbuga nkoranyambaga.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Shimirwa Palemon@Bwiza.com


