akon_city.jpg

Uganda yahaye Akon ikibanza kinini cyo kubakamo umujyi

Sangiza iyi nkuru

Leta ya Uganda yahaye umuhanzi akaba n’umushoramari w’Umunyamerika ukomoka muri Senegal, Aliaune Damala Badara Thiam uzwi nka Akon ikibanza kinini cyo kubakamo umujyi.

NBS dukesha aya makuru kuri uyu wa 5 Mata 2021 yatangaje ko iki kibanza gifite ubuso bwa kilometero kare (km2)2.59 gusa ntiyatangaje aho giherereye, umujyi Akon azacyubakamo ukaba ugomba kuzaba wuzuye mu mwaka w’2036.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye i Kampala kuri uyu wa 5 Mata, Akon yasobanuye ko uyu mujyi uzaba ugizwe n’ibice bitandukanye birimo: ikizaharirwa guteza imbere ibikorwa by’imyidagaduro, ibitaro bizaba bibasha kwakira abarwayi 10,000 icya rimwe, icyanya kizaharirwa ubucuruzi n’ibigo by’imari ndetse n’ibigo by’uburezi.

Ati: “Umujyi wa Akon [muri Uganda] uzaba ufite igice cy’imyidagaduro kubera ko muri abantu benshi muri Uganda batabona aho gufatira amashusho n’amajwi meza, batabona sitidiyo (studio) nziza zibatunganyiriza filimi,… bazabyungukiramo cyane.

Yakomeje ati: “Tuzaba tunafite agace kahariwe ubuvuzi kazaba karimo ibitero bifite ibitanda by’abarwayi 10,000 nk’ahantu heza ho kujya kwivuriza. Ntabwo bizaba bigisaba ko ujya kwivuriza mu Bufaransa cyangwa i Dubai; ahubwo uzigumira mu rugo, uhabonere ubuvuzi.”

Uyu ni umujyi wa kabiri Akon atekereje kubaka ku mugabane wa Afurika, nyuma y’undi yise ‘Akon City’ ateganya gutangira kubaka muri Senegal guhera muri uyu mwaka kugeza mu 2024, ukazuzura utwaye miliyari 6 z’amadolari ya Amerika.

akon_city.jpg

Yabwiye abanyamakuru ko ateganya kubaka imijyi no mu bindi bihugu byo kuri uyu mugabane, ariko agahamya ko we ubwe nta bushobozi bw’amafaranga afite bwo kuyiyubakira, gusa akemeza ko akorana n’abashoramari ku buryo bazamufasha kugera ku ntego.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *