Umuhanzikazi mu ndirimbo zo kuramya Imana, Aline Gahongayire afatanyije na Serge Rugamba basubiyemo indirimbo ya Alex Dusabe yitwa ‘Umwami Yesu’.
Gahongayire yatangaje ko yasubiyemo iyi ndirimbo kubera ko ayikunda cyane. Ati “Indirimbo yanditswe na Alex Dusabe imaze imyaka isaga icyenda. Ni indirimbo nakunze kera ndi muto hanyuma negera Alex Dusabe nk’umuntu w’umunyabigwi mu muziki musaba ko nayikora arabyemera. Ni indirimbo ifite ubutumwa bw’ibihe byose.”
Reba iyi ndirimbo
Uyu muhanzikazi yemeza ko yageze aho akabona bidakwiriye ko yakora iyi ndirimbo wenyine ahitamo kwifashisha Serge Rugamba basanzwe bakorana mu buzima bwa buri munsi mu bijyanye na muzika.
Ati “ Impamvu ariwe nahisemo turakorana cyane. Ino ndirimbo nshaka ko iba inzira y’Imana y’uko abantu bongera kuryoherwa n’agakiza.”
Aline gahongayire , uretse kuririmba azwiho kuba ari umuhanzi ukunda gukorana n’abahanzi batandukanye, akaba akunze no gufasha abantu babaye , mu 2018 uyu muhanzikazi yatangije ibitaramo yise ‘Ineza Tour’ byari bifite intego yo guhimbaza Imana no gukusanya inkunga yo gufasha abatishoboye binyuze mu Muryango ‘‘Ineza Foundation”.
Serge Gasasira Rugamba bakoranye asanzwe ari umuhanzi w’umuhanga ndetse ni n’umucuranzi wa Piano, anafasha abantu mu bijyanye n’imiririmbire.


