Abagabo batatu bakatiwe igihano cyo guhondagurwa inkoni 80 buri umwe nyuma y’uko bafashwe banywa kuri Divayi ifatwa nk’inzoga ibintu bitemewe mu mategeko ya Shariya akoreshwa n’abo mu idini ya Isilamu.
[ad id=”44145″]
Aba bagabo bafashwe bari baherutse kuva mu idini ya Isilamu bahinduka abakirisitu.
Daily mail dukesha iyi nkuru yanditse ko aba bagabo bakatiwe urwo guhondagurwa ari Yaser Mosibzadeh, Saheb Fadayee na Mohammed Reza Omidi, uzwi ku izina rya Youhan, bose bakomoka mu gihugu cya Iran kizwiho kugendera ku matwara akaze ya Isilamu.
Urukiko rwa Sharia muri Iran rwemeje ko aba bombi bazakubitirwa mu ruhame, ibi byafashwe nko kuba iki gihugu gikomeje gutsimbarara ku ihame ryo kudaha umudendezo imyemerere yose harimo n’Ubukirisitu.
Ubusanzwe amategeko ya ya Shariya avuga ko kizira kikaziririzwa ku musilamu gusoma ku gasembuye, aba bagomba gukubirwa bo basanzwe banywera Divayi mu rusengero rwa gikirisitu mu kwezi kwa gatanu mu gihe abasilamu babafashe babashinja kugomera amahame y’idini nyamara bo bavuga ko barishingutsemo.
Abunganira mu mategeko aba bakatiwe urw’inkoni 80 bahise batangaza ko bazajuririra iki cyemezo cy’urukiko rwa Shariya,
Paul Robinson, umuyobozi w’umuryango witwa Release International wita ku burenganzira bwa muntu yamaganiye kure icyemezo cyafatiwe aba bakirisitu.
[ad id=”44145″]
Yagize ati ” Kubera iki Abakirisitu bakubitirwa ko bakoze imihango y’ifunguro ryera? kubera iki Iran idashaka guha amahoro abaturage bayo ngo bahabwe ubwisanzure mu guhitamo imyizerere ibanogeye? bari bagabo ubwabo bihitiyemo kwitwa Abakirisitu. igihugu gikwiye kubaha amahitamo yabo”
Uretse aba bagabo bamaze gukatirwa urwo gukubitwa, uwari umuyobozi w’idini bari bagiye gusengeramo n’umugorewe nabo ubu bari mu maboko ya polisi ya Iran bategereje gucibwa urubanza.
anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Schadrack@bwiza.com


