Perezida Kagame mu bashobora kwitabira irahira rya Museveni

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, aravugwa mu Bakuru b’Ibihugu bashobora kwitabira umuhango w’irahira rya mugenzi we wa Uganda, Yoweri Museveni, watsinze amatora tariki ya 14 Mutarama 2021.

Nile Post yatangaje ko amakuru ifite yizeye avuga ko Abakuru b’Ibihugu 15 ari bo bamaze gutumirwa kugira ngo bazitabire uyu muhango, bakaba barimo inshuti za Perezida Museveni na Uganda muri rusange.

Uwayihaye aya makuru yavuze ati: “Urutonde rw’Abakuru b’Ibihugu [batumiwe] ruriho inshuti za Museveni na Uganda muri rusange.”

Abakuru b’Ibihugu bavugwa muri ubu butumire barimo: Perezida Kagame, Uhuru Kenyatta wa Kenya, Samia Suluhu wa Tanzania, Salva Kiir wa Sudani y’Epfo, Félix Tshisekedi wa RDC, Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo, Edgar Lungu wa Zambia, Emmerson Mnangagwa wa Zimbabwe na Teodoro Obiang Nguema wa Guinée Equatoriale.

Uru rutonde kandi rwariho Idriss Déby Itno wayoboraga Chad, uherutse kwicwa n’ibikomere by’amasasu yarasiwe mu rugamba rw’ingabo ze n’abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa FACT, urwanya ubutegetsi.

Biteganyijwe ko umuhango w’irahira rya Perezida Museveni uzaba tariki ya 12 Gicurasi 2021.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *