Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Hon. Robert Kyagulanyi uzwi cyane nka Bobi Wine, ubu ari mu gahinda aterwa n’abo muri Leta avuga ko bakomeje kumugendaho.
Iby’agahinda ke, Bobi Wine yabigaragaje ubwo Ikigo cya Uganda gishinzwe imisoro, URA (Uganda Revenue Authority) cyamusabye kwishyurira imodoka yaguriwe n’abakunzi be ya Toyota Land Cruiser V8 idatoborwa n’amasasu ku madolari ya Amerika 166,700 (amanyarwanda arenga miliyoni 164) imisoro y’inyongera kugira ngo ayisubizwe.

Nk’uko bigaragara kuri kopi y’urwandiko rwa URA kuri Bobi Wine rwo ku wa 22 Mata 2021, uyu munyapolitiki arasabwa kwishyura indi misoro kugira ngo ayisubizwe.
Bobi Wine kuri rubuga rwa Twitter, nyuma yo kubona uru rwandiko, yagize ati: “Nyuma yo kugeregeza kenshi guhungabanya ubuzima bwanjye, inshuti zanguriye zampaye imodoka idatoborwa n’amasasu. Mbere, byose byari bitunganye kubera ko itari ku izina ryanjye. Interpol, Polisi ishinzwe ibizamini bya gihanga na URA bayikoreye ibizamini, byose bijya mu buryo.”
Yavuze ko byazambye ubwo byamenyekanaga ko imodoka ari iye, bitangira bavuga ko umuntu yatunga imodoka idatoborwa n’amasasu abiherewe uburenganzira na Minisiteri y’Ingabo, gusa ngo “nta tegeko ryashyigikiraga ibyo bavuga”.
Icyo gihe, ngo abayobozi bakoreye iyi modoka ibizamini bakorewe ibirimo kwirukanwa, bazira ko batahishuye ko imodoka ari iya Bobi Wine nk’uko abivuga.
Bobi Wine yakomeje avuga ko nyuma yo kumenya ko imodoka ari iye, abakozi ba Leta bavuze ko itujuje ibisabwa kugira ngo abe yayitunga, arayamburwa, ubu akaba asabwa kwishyura amashilingi ya Uganda 337,698,776.25 (amanyarwanda arenga miliyoni 92) kugira ngo ayisubizwe.
URA isaba Bobi Wine kwishyura aya mafaranga y’inyongera kubera ko ubwo iyi modoka yahabwaga ibyangombwa, byari bizwi ko ari isanzwe ariko nyuma bikaba byaramenyekanye ko idatoborwa n’amasasu. Iti: “Icyemezo nimero UGCWH C 54 cya tariki ya 12 Gashyantare 2021 cyagaragaje ko ari imodoka isanzwe kandi idatoborwa n’amasasu.”
Bobi Wine yahawe iyi modoka n’Abanya-Uganda baba mu mahanga nyuma y’itangazwa ry’ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu, tariki ya 14 Mutarama 2021. Byari mu rwego rwo kumurindira ubuzima bwe yavugaga ko bukomeje kujya mu kaga.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


