U Burundi bwahaye RDC igihe ntarengwa cyo gusubiza Ambasade yabwo ubutaka yambuwe, bitaba ibyo bukihimura

Sangiza iyi nkuru

Guverinoma y’u Burundi yahaye iya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) igihe ntarengwa cyo gusubiza Ambasade yayo iri i Kinshasa ubutaka yambuwe, bitaba ibyo ikihimura.

Bigaragara mu ibaruwa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Burundi yandikiye Ambasade ya RDC i Bujumbura tariki ya 30 Mata 2021.

U Burundi buvuga ko ubutaka Ambasade yabwo yahawe mu 1973 bwanyazwe. Burimo Ares 25 ziherereye muri Komine Gombe i Kinshasa n’izindi 35 ziherereye muri Komini Ngaliema, bivugwa ko bwatawe mu 2009 n’uwahoze ari ‘Colonel’ mu ngabo za RDC.

Ngo kuva icyo gihe, iki gihugu cyasabye RDC gukemura iki kibazo, ubutaka bugasubizwa Ambasade, ariko ntacyo yigeze ibikoraho.

Guverinoma y’u Burundi yasabye RDC kuba yakemuye iki kibazo bitarenze tariki ya 31 Ukuboza 2021, bitaba ibyo nayo ikazatwara ubwa Ambasade yayo iri i Bujumbura, yisunze amasezerano arebana n’ububanyi n’amahanga yasinyiwe i Vienne muri Autriche ku wa 18 Mata 1961.

Aya masezerano avuga ko ikibanza cya Ambasade kidashobora kuvogerwa, nta wemerewe kucyinjirambo mu gihe Ambasaderi adatanze uburenganzira, ko igihugu gifite inshingano zidasanzwe zo gufata ingamba kugira ngo ikibanza cya Ambasade kitavogerwa cyangwa se ngo cyangirizwe, akavuga kandi ko ibikoresho byo kuri Ambasade bidakwiye gufatirwa.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. U Burundi bwahaye RDC igihe ntarengwa cyo gusubiza Ambasade yabwo ubutaka yambuwe, bitaba ibyo bukihimura
    Ndabaramukije :nibazako muntu adashobora gutwa ubusugire bw’igihugu ,nta muntu umwe rero yobuza umubano w’igihugu bibiri.aho rero ningingo ifatwa nabatwara ibihugu 2 uw’uburundi hamwe n’a RDC.: Abo bakuru bibihugu barashoboye kubikora ivyo.

  2. U Burundi bwahaye RDC igihe ntarengwa cyo gusubiza Ambasade yabwo ubutaka yambuwe, bitaba ibyo bukihimura
    Ndabaramukije :nibazako muntu adashobora gutwa ubusugire bw’igihugu ,nta muntu umwe rero yobuza umubano w’igihugu bibiri.aho rero ningingo ifatwa nabatwara ibihugu 2 uw’uburundi hamwe n’a RDC.: Abo bakuru bibihugu barashoboye kubikora ivyo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *