Umunyamakuru Sam Baker Byansi tariki ya 2 Gicurasi 2021 avuga ko we na bagenzi be bifashishije abanyamategeko, bagejeje ku Rukiko rw’Ikirenga inyandiko isaba ko ingingo z’amategeko y’u Rwanda ziniga ubwisanzure bw’itangazamakuru zavugururwa, zimwe muri zo zikavanwaho.
Mu kiganiro yagiranye na Popote TV kuri uyu wa 6 Gicurasi 2021, Byansi yavuze ko “Ku itariki 2 petisheni twarayisabumitinze muri Supreme Court, tubona nimero y’urubanza y’agateganyo, mu minsi mike twiteze kubona nimero idasubirwaho[….]Ubundi amategeko ni menshi, twapetishoninze Supreme Court kugira ngo avugururwe, andi anakurweho.”
Nk’umunyamakuru ukora inkuru z’ubucukumbuzi, avuga ko izi ngingo zibangamira ubwisanzure bw’itangazamakuru, nk’abo bisaba ko umunyamakuru afata ifoto yabanje kubisabira uburenganzira uwo ayifata kandi abikora mu nyungu za rubanda.
Ati: “Hari amategeko ajyanye n’ubuzima bwite bw’umuntu. Ayo mategeko kubera ko mu Rwanda itangazamakuru ricukumbura atari itangazamakuru ryari rimenyerewe mu gihe cyo hambere, harimo amategeko agonga itangazamakuru ricukumbura mu buryo bugaragara.”
Yakomeje ati: “Tekereza kuri undercover journalism aho uba usabwa gufilima umuntu atabizi, muri itegeko riteganya ibyaha n’ibihano hakaba harimo ingingo ishobora kuguhana, byaba biri mu nyungu za rubanda, byaba bitari mu nyungu za rubanda. Uramutse ufilimye umuntu, atabizi, uba uru kwinjira mu buzima bwite bwe kandi hari itegeko ribihanira. Mu bindi bihugu usanga bavuga ngo ‘keretse umuntu uri gukora umwunga mu nyungu za rubanda’, n’iyo ufashwe, ugasobanura gusa ko biri mu nyungu za rubanda.”
Yagaragaje ko kuba umunyamakuru asabwa gusaba uburenganzira bwo gufata amajwi, amafoto cyangwa amashusho mu rukiko mbere y’amasaha 48 urubanza rutaraba, nabyo bibangamira ubwisanzure bw’itangazamakuru.
Byansi avuga ko we ubwe yagerageze gusaba uburenganzira nk’ubu ntiyabuhabwa kandi amategeko abimwemerera. Ati: “Inshuro nyinshi nimwe uburenganzira. Iyo ubusabye, umucamanza aba afite ububasha bwo kuguha uburenganzira cyangwa akabukwima, ibyo bikaba bigaragaza ukunigwa kw’ubwisanzure bw’itangazamakuru.”
Izi ngingo Byansi asaba ko zivugururwa izindi zigakurwaho ni 14, zose zikubiye mu mategeko atatu, arimo: iryo 2018 riteganya ibyaha n’ibihano (penal code), itegeko ryo mu 2013 rigenga itangazamakuru (Media Law) n’iryo mu 2019 rigenga imiburanishirize y’imanza (Criminal Procedure).
Muri Penal Code harimo ingingo 12, muri Criminal Procedure harimo 1 no muri Media Law harimo 1.
Uyu munyamakuru avuga ko zitari mu murongo w’Itegekonshinga, ku buryo yizeye ko Urukiko rw’Ikirenga mu gihe rwazisuzuma, rwakumva ishingiro ry’ubusabe bwabo, rukaba rwabuha umugisha.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


