Uvira: Bishe umuntu, bamurisha ubugari

Sangiza iyi nkuru

Urubyiruko rwo muri Teritwari ya Uvira mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, kuri uyu wa 15 Gicurasi rwicishije umuntu amabuye, rurangije, rurangije rumurisha ubugari.

Aya mahano yabereye ku kiraro cya Karyamabenge nk’uko abaturage babibonye babihamirije umunyamakuru wa Radiyo Ijwi rya Amerika.

Umwe muri bo yagize ati: “Nasanze bokeje umuntu ku kiraro cya Karyamabenge hejuru y’ikiraro, bamwe bahagaze mu mazi, abandi mu rwondo. Nsanga bokeje umuntu, bakaza batema inyama n’igisu, bagatamira, bagatamira n’irobe. Abantu bajya kuzana imigano ngo reka bashyire mu ziko, ngo benyegeze inyama y’umuntu ishye neza, kuva mbayeho sindabibona!”

Umunyamakuru yatangaje ko uru rubyiruko rwishe uyu muntu, rukanamurya rumuhanira kuba yishe umuntu warwo witwa Shika Mutumoi.

Umwr muri uru rubyiruko yigambye ati: “Twamuteye amabuye, tumuzana ku kiraro, turamwotsa, tumurisha ubugari.”

Ubwo rwamuryaga, ngo rwafunze umuhanda, rusaba ko rwahabwa n’umusirikare, Maj. Katembo Jean Pierre uherutse kwica arashe umunyamategeko muri Uvira, na we rukamwicisha amabuye.

Uru rubyiruko rusobanura ko kwica umuntu rukanamurya, rubikora mu rwego rwo gutera ubwoba undi wese wagerageza guhohotera umuturage.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *