cole.jpg

Umutoza wa Patriots yahishuye aho ubuhanga bwa J. Cole muri Basketball bushingiye

Sangiza iyi nkuru

Umutoza w’ikipe ya Patriots BBC ya Basketball, Alan Major, yasubije abibaza ku bushozi bw’umuraperi Jermaine Lamarr Cole uzwi nka J. Cole uyikinira mu irushanwa nyafurika ry’uyu mukino (BAL) ribera mu Rwanda guhera kuri uyu wa 16 Gicurasi 2021.

Mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Marc J. Spears wamamaye mu mukino wa Basketball, Major yasubije ko J. Cole koko afite ubushobozi bwo gukina iri rushanwa, cyane ko afite imiterere y’umubiri ndetse n’ubumenyi bwabimufashamo.

Spears yagize ati Major yavuze ati: “Ni byo koko akwiye kubamo (mu irushanwa”. Akomeza ati: “Major akunda ingano ya Cole, uko atsinda n’uko yiyumva mu mukino ariko yavuze ko ari ‘umwugarizi mwiza.”

Uyu mutoza yavuze ko uyu muraperi w’Umunyamerika ameze neza, kandi yiteguye gukina mu mukino ufungura irushanwa Patriots BBC iraba ikinamo na Rivers Hoopers yo muri Nigeria.

Ngo ikindi ni uko uyu muraperi yasabye ko yafatwa nk’abandi bakinnyi bakinana muri uyu mukino, “atafatwa nk’umuntu wihariye”.

Arakina nka SG
cole.jpg

Nk’uko bigaragara ku rutonde rw’abakinnyi umutoza Major arifashisha, J. Cole wahawe nimero 15, arakina ku mwanya wa SG (Shooting Guard).

Inshingano umukinnyi uri kuri uyu mwanya aba afite, ni ukwambura imipira ubwugarizi bw’ikipe bahanganye, agatsinda cyangwa se akayiha bagenzi be bagatsinda.

Uyu ni wo mwanya ibyamamare muri uyu mukino nka Micheal Jordan na Kobe Bryant byakinnye mu irushanwa rikomeye ku Isi ryo ku mugabane wa Amerika, NBA.

Iri rushanwa rizarangira tariki ya 30 Gicurasi 2021, byitezwe ko imikino myinshi J. Cole azayikinira Patriots BBC hashingiwe ku masezerano impande zombi zasinye tariki ya 10 Gicurasi 2021.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *