Mu gitondo cy’uyu wa 1 Kamena 2021 ni bwo imodoka yari itwaye Gen. Katumba Wamala wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, ubu akaba ari Minisitiri w’Umurimo n’Ubwikorezi akanahagararira ingabo z’igihugu mu nteko ishinga amategeko, yarashwe amasasu menshi n’abagizi ba nabi bataramenyekana.
Gen. Katumba yakomerekeye muri iki gitero, umukobwa we witwa Brenda Nantongo Wamala n’umushoferi wari ubatwaye witwa Haruna Kayondo, bo bapfira aho ngaho.
Ku bitaro bya Medipal biherereye mu Karere ka Kololo biri kuvurirwamo Gen. Katumba, muramu w’uyu musirikare witwa Joyce Ssentongo yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru.
Joyce yavuze ko Brenda yishwe amaze igihe igito avuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), nyuma yo kurangiza amasomo. Ati: “Arangije amasomo vuba, yari yaranatangiye akazi [muri Uganda]. Yari avuye muri USA.”
Joyce kandi yavuze ko Brenda yari umunyamahoro, ubanye neza n’abandi, nka se, Gen. Katumba. Ati: “Nantongo yari umuntu mwiza cyane. Yewe na Se yari umuntu mwiza. Nta muntu bigeze bagirana ikibazo muri Guverinoma.”
Ibitangazamakuru byo muri Uganda bivuga ko Brenda Nantongo yari bucura bwa Gen. Katumba w’imyaka 64 y’amavuko.


Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV



2 Responses
Umukobwa wa Gen. Katumba yishwe yari amaze igihe gito avuye kwiga muri USA
Birababaje mwihangane ababuze ababo tuzabasanga mwinjuru
Umukobwa wa Gen. Katumba yishwe yari amaze igihe gito avuye kwiga muri USA
Birababaje mwihangane ababuze ababo tuzabasanga mwinjuru