SIDA izaba isa n’itakiriho nyuma y’imyaka 9_UN

Sangiza iyi nkuru

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kurwanya SIDA, UNAIDS, rivuga ko umwaka w’2030 uzaba usa n’iherezo ry’iki cyorezo kimaze imyaka 40 ku Isi.

Nk’uko Radiyo Ijwi rya Amerika yabitangaje, iri shami rivuga ko ubu riri gukurikirana ibihugu 40 byugarijwe n’iki cyorezo cyane, rikaba rifite intego y’uko uyu mwaka uzagera cyararwanyijwe ku kigero cya 90%.

Ibi bihugu birimo 9 birimo mu majyaruguru no mu majyepfo y’umugabane wa Afurika.

Gusa rivuga ko kugira ngo bishoboke, rikeneye amadolari ya Amerika miliyari 29 muri uyu mwaka w’2021, rikazayifashisha muri gahunda zitandukanye zo kurwanya iki cyorezo.

Ibi ribitangaje mu gihe kuva tariki ya 8 kugeza tariki ya 10 Kamena 2021, hateganyijwe inama ya UN igamije kurwanya iki cyorezo, ishobora kwemerezwamo ubusabe bwa UNAIDS.

Raporo ya UN y’umwaka w’2020 yerekana ko abagera kuri miliyoni 37.6 ku Isi barwaye SIDA.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *