Perezida Tshisekedi yongeye kuganira na Joseph Kabila

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Félix Tshisekedi n’umufasha we, Denise Nyakeru baganiriye na Joseph Kabila wujuje imyaka 50 y’amavuko uyu munsi.

Nk’uko ibiro bya Perezida wa RDC byabitangaje, umuryango mukuru waganiriye na Kabila mu gitondo cy’uyu wa 4 Kamena 2021, ku murongo wa telefone.

Ubutumwa Perezida Tshisekedi na Denise bageneye Kabila ni ubumwifuriza isabukuru y’amavuko. Ibi biro byagize biti: “Ku murongo wa telefone, mu gitondo cy’uyu wa Gatanu, Umukuru w’Igihugu Félix Tshisekedi n’umufasha we bifurije isabukuru y’amahirwe uwabaye Perezida, Joseph Kabila Kabange, wujuje imyaka 50 y’amavuko.”

Joseph Kabila yabaye Perezida wa RDC kuva mu 2001 kugeza mu 2019, ubwo yasimburwaga na Tshisekedi uri ku butegetsi. Ubu ni umusenateri uhoraho mu Nteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu.

Ikiganiro cya Tshisekedi na Kabila gisa n’icyatunguranye kuko bafatwaga nk’abatavuga rumwe bicecekeye, nyuma yo gutandukana kw’amahuriro y’amashyaka ya politiki yabo, CACH na FCC yari agize guverinoma n’Inteko Ishinga Amategeko.

Icyemezo cyo gusesa ubufatanye bwa CACH na FCC, cyafashwe na Perezida Tshisekedi mu Kuboza 2020 atabivuganyeho na Kabila, ashyiraho ihuriro ryera, Union Sacrée, abariyobotse bakaba ari bo bagize Inteko na Guverinoma.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *