Uruganda rukomeye rw’imiti rwo mu Busuwisi rwitwa Novartis rurateganya guhera mu mwaka utaha wa 2017 gutangiza mu Rwanda gahunda yo kubona ku giciro gito imiti ivura indwara za karande zikunze kugaragara nk’uko itangazo uru ruganda rwashyize ahagaragara kuri uyu wa Kabiri rivuga.
[ad id=”44145″]
U Rwanda ruzaba rubaye igihugu cya gatatu gifite ubukungu bukiri hasi kigiye kugerwaho n’iyo gahunda nyuma ya Kenya na Ethiopia.
Mu ntangiriro z’umwaka utaha, abarwayi b’Abanyarwanda bazavurwa biboroheye indwara z’umutima, izifata mu myanya y’ubuhumekero, diabete na cancer nk’uko Novartis ivuga.
Iyi gahunda yiswe Novartis Access yatangijwe muri Nzeri 2015, ituma Kenya, Ethiopia ndetse na Liban, binyuze muri CICR, bibona imiti ibarirwa mu 100,000 buri kwezi.
Iyi nkuru dukesha AFP ikaba ivuga ko Novartis igurisha iyo miti kuri za guverinoma, imiryango itegamiye kuri guverinoma ndetse na za farumasi ku idolari rimwe ku muti buri kwezi, ikintu ngo Novartis yihariye yonyine.

Iyi nkuru ivuga ko mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere miliyoni 28 z’abantu bapfa buri mwaka bazize indwara za karande nk’uko Novartis ivuga.
[ad id=”44145″]
Novartis Access rero ngo yibanda ku ndwara zikaze nk’iz’umutima, diabete, izifata mu myanya y’ubuhumekero na cancer y’ibere.
Novartis kandi ngo irateganya kugeza iyi gahunda yayo mu bihugu 30 mu myaka iri imbere, mu rwego rwo kuzagera ku baturage miliyoni 20 buri mwaka uhereye ubu kugeza mu 2020.
K anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


