Col. Makanika yemeye kujya mu biganiro byo gushakira amahoro Abanyamulenge

Sangiza iyi nkuru

Umunyamulenge Col. Michel Rukunda wamenyekanye nka Makanika mu ngabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yemeye kujya mu biganiro bigamije gushakira amahoro bene wabo bahuje ubwoko batuye mu misozi ya Minembwe muri Teritwari ya Fizi.

Nk’uko Radio Okapi yabitangaje, abayobozi batandukanye barimo abo muri Minembwe ni bo bemeje iki cyemezo cya Col. Makanika tariki ya 9 Kamena 2021.

Iki gitangazamakuru kivuga ko ibi biganiro byamaze gutangira, bikaba biri kubera muri Minembwe. Intumwa z’amahoro n’umutekano z’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) ni zo zabiteguye.

Kivuga ko Col. Makanika na we ashaka kubyitabira “nk’abandi barwanyi muri aka karere” ariko ngo ategereje ko Leta ibanza gukora impinduka mu buyobozi bwa Burigade ya 12 ifite ishingano zo kurinda aka karere.

Col. Makanika yatorotse igisirikare cya RDC mu 2019, avuga ko agiye kurinda Abanyamulenge bakomeje gukorerwa ubwicanyi n’ibindi bikorwa by’ubugizi bwa nabi n’imitwe yitwaje intwaro irimo Mai Mai zitandukanye.

Uyu musirikare yakunze kumvikana mu bitangazamakuru ahangana n’iyi mitwe yitwaje intwaro, gusa bisa ntibiramenyekana niba hari umutwe witwaje intwaro afite.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. Col. Makanika yemeye kujya mu biganiro byo gushakira amahoro Abanyamulenge
    Aya makuru mushatse mwayatohoza neza kuko ashobora kuba ari ikinyoma!!

  2. Col. Makanika yemeye kujya mu biganiro byo gushakira amahoro Abanyamulenge
    Aya makuru mushatse mwayatohoza neza kuko ashobora kuba ari ikinyoma!!

  3. Col. Makanika yemeye kujya mu biganiro byo gushakira amahoro Abanyamulenge
    Aya makuru mushatse mwayatohoza neza kuko ashobora kuba ari ikinyoma!!

  4. Col. Makanika yemeye kujya mu biganiro byo gushakira amahoro Abanyamulenge
    Aya makuru mushatse mwayatohoza neza kuko ashobora kuba ari ikinyoma!!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *