Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Félix Tshisekedi n’umufasha we, Denise Nyakeru, kiri uyu wa 12 Kamena 2021 baraye mu mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Nk’uko ibiro bya Perezida wa RDC byabitangaje, aba bombi bagiye gusura abagizweho ingaruka n’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo ryabaye tariki ya 22 Gicurasi 2021.
Biteganyijwe ko kandi Perezida Tshisekedi agenzura ibikorwa by’ingabo z’igihugu bigamije kurandura burundu imitwe yitwaje intwaro imaze igihe kirekire ihungabanya umutekano mu burasirazuba bw’igihugu.
Imibare ibi biro byatanze ivuga ko iruka rya Nyiragongo ryasenye inzu zirenga 3500, risiga abaturage 17,000 batagira aho kuba.





Amafoto: Présidence RDC & Denise Nyakeru/Twitter
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


