Mabayi: Imbonerakure n’abayobozi bakekwaho gukorana n’abitwaje intwaro bavuga Ikinyarwanda, bafashwe

Sangiza iyi nkuru

Abashinzwe umutekano mu Burundi barashakisha abakorana n’abitwaje intwara bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda bamaze iminsi bavugwa mu ishyamba rya Kibira, ahaherera muri Komini Mabayi mu Ntara ya Cibitoke.

Mu bakekwa baherutse gufatwa harimo abayobozi babiri b’imidugudu wa Gafumbegeti na Rutorero, abasore batatu b’Imbonerakure n’abaturage 9 bo muri Zone ya Butahana, nk’uko urubuga SOS rwo mu Burundi rwabitangaje.

Guverineri w’Intara ya Cibitoke wemeje itabwa muri yombi ry’aba bose, yavuze ko ubu bafungiwe ku biro bya polisi ku ntara, bikaba biteganyijwe ko bazagezwa imbere y’ubutabera.

Aba bavuga Ikinyarwanda bakunze kumvikana barasana n’ingabo z’u Burundi muri Kibira guhera mu ntangiriro z’uyu mwaka. Imirwano iheruka tariki ya 6 Kamena yaguyemo 8 muri bo nk’uko bamwe mu ngabo z’iki gihugu babitangaje.

Bikekwa ko aba barwanyi ari abarwanya Leta y’u Rwanda, n’ubwo u Burundi bubinyujije mu matangazo yanditse bwagiye bubihakana, buvuga ko nta mwanzi w’iki gihugu uri ku butaka bwayo.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *