Umuryango w’ibihugu biri mu majyepfo ya Afurika, SADC, ugiye kohereza abasirikare muri Repubulika ya Mozambique, zizayifasha kurwanya ibikorwa by’iterabwoba n’urugomo rukabije mu ntara ya Cabo Delgado.
Iki cyemezo cyafatiwe mu nama idasanzwe yahuje abakuru b’ibihugu bigize uyu muryango yabereye i Maputo muri Mozambique kuri uyu wa 23 Kamena 2021.
Umunyamabanga Mukuru wa SADC, Stergomena Tax nk’uko tubikesha Al Jazeera yagize ati: “SADC yemeje kohereza abasirikare mu butumwa bwo kwifatanya na Mozambique mu bikorwa byo guhangana n’ibikorwa by’iterabwoba n’urugomo rukorerwa muri Cabo Delgado.”
Ntabwo Stergomena yatangaje umubare w’abasirikare SADC yemeje kohereza muri Mozambique n’igihe bazohererezwa.
Ibikorwa by’iterabwoba n’urugomo muri Mozambique bikorwa n’abagendera ku matwara ya Isilamu, cyane cyane umutwe wa Al Shabaab kuva mu mpera z’2017. Umuryango w’Abibumbye uvuga ko bimaze kugwamo abantu barenga 2800, mu gihe abandi 800,000 bahunze.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


