RDC: Za Jeep 500 zakuruye umwuka mubi ntizikiri ishimwe

Sangiza iyi nkuru

Imodoka 500 zo mu bwoko bwa Hyundai Jeep 4×4 zagombaga guhabwa abadepite bo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) nk’ishimwe, zahinduwe inguzanyo.

Tariki ya 18 Kamena 2021 ni bwo Perezida w’Inteko Ishingamategeko ya RDC, umutwe w’Abadepite, Christophe Mboso Nkodia yatangaje ko abadepite bose uko ari 500 bagiye guhabwa impano y’izi modoka, bisabwe na Perezida Félix Tshisekedi.

Christophe Mboso yagize ati: “Perezida wa Repubulika yafashe icyemezo cy’uko duha abadepite bose 500 imodoka. Ni ishimwe ku bitabye ijwi ry’Umukuru w’Igihugu. Buri mudepite azahabwa Jeep.”

Nyuma yo kumva itangazo rya Christophe Mboso, abanyapolitiki ndetse n’imiryango itandukanye nka ODEP urwanya inyerezwa ry’umutungo wa Leta na ASADHO bamaganye iki gikorwa, banasaba ko hakorwa iperereza ku hantu amafaranga yo kugura izi modoka yaturutse, bamwe bavuga ko ari ruswa yeruye.

Nka Martin Fayulu utavuga rumwe na Leta ya RDC yasabye abadepite bahagarariye ishyaka rye Ecidé mu Nteko kwanga izi modoka, babiri muri bo barazanga.

Inkuru yabanje https://bwiza.com/?JEEP-500-Perezida-Tshisekedi-yageneye-abadepite-zavugije-induru

Amaze kubona ko umwuka utari mwiza bitewe n’izi modoka, Umuvugizi w’Inteko Ishinga Amategeko ya RDC, Joseph Lembi Libula kuri uyu wa 22 Kamena yavuze ko Atari ishimwe abadepite bazahabwa, ko ahubwo ari inguzanyo bazishyura. Yagize ati: “Jeeps zasabwe n’Inteko kugira ngo zihabwe buri mudepite, ni inguzanyo.”

Joseph Lembi yasobanuye ko abadepite ba RDC bakora impanuka cyane bitewe n’uko nta modoka bagira; batega moto cyangwa se imodoka. Kubaha izi Jeeps ngo ni mu rwego rwo kubaha agaciro no guha agaciro imirimo bakora.

Jeep 250 zamaze kugera muri RDC, zizabanza guhabwa abadepite bangana n’umubare wazo. Izindi zizaboneka bitarenze tariki ya12 Nyakanga, na zo zigahabwa abasigaye.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *