Abaturage bababajwe cyane n’uko Perezida Kim Jong-un yananutse

Sangiza iyi nkuru

Abaturage bo muri Koreya ya Ruguru batangaje ko bababajwe bikomeye n’uko Perezida wabo, Kim Jong-un akomeje kunanuka.

Babitangarije mu kiganiro CNN ivuga ko kidasanzwe bagiranye na televiziyo ya Koreya ya Ruguru (KCTV), cyagiye ahagaragara ku wa Gatanu, tariki ya 25 Kamena 2021.

Umwe muri bo wise Perezida Kim Umunyamabanga Mukuru[w’ishyaka] yatangarije KCTV ati: “Abantu nanjye ndimo twababaye cyane ubwo twabonaga Umunyamabanga Mukuru agaragara nk’uwananutse…Buri wese yavuze ko byamurijije.”

Ibitangazamakuru mpuzamahanga byatangaje ko mu byumweru bike bishize, koko Perezida Kim usanzwe azwiho kugira umubyibuho, yagaragaye ananutse, icyabimuteye kikaba kitaramenyekana.

Kugeza ubu ntacyo uruhande rwa Leta ruratangaza ku mimerere y’ubuzima bw’uyu Mukuru w’Igihugu.

Si ubwa mbere bitangajwe ko ubuzima bwa Kim butameze neza, akenshi bikaba bikunze kuvugwa mu gihe atakigaragara mu ruhame. Bivugwa ko ubuzima bw’uyu Mukuru w’Igihugu butameze neza kuko arwara umutima, indwara yahitanye se Kim Jong Il mu 2011.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *