RDC: Abadepite basabye Leta kugurisha Jeep yari yarabaguriye

Sangiza iyi nkuru

Abadepite bane bahagarariye ishyaka EciDé rya Martin Fayulu mu Nteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) basabye ko imodoka za Hyundai Jeep 4×4 baguriwe zagurishwa, amafaranga agasubizwa mu kigega cya Leta, agakoresha mu bikorwa byihutirwa.

Nk’uko ibitangazamakuru byo muri RDC byabitangaje, aba badepite bacishije ubu butumwa mu ibaruwa bandikiye Perezida w’Inteko, Christophe Mboso Nkodia tariki ya 2 Nyakanga 2021, yamagana icyemezo Leta yafashe.

Iyi baruwa iragira iti: “Turasaba Inteko Ishinga Amategeko kugirisha izo Jeeps, amafaranga agasubizwa mu kigega cya Leta kugira ngo akoreshwe mu bifitiye inyungu abaturage birimo gufasha abaturage bagizweho ingaruka n’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo, guha ubuvuzi abanduye icyorezo cya Covid-19 no kugaburira abasirikare bari muri operasiyo mu burasirazuba.”

Aba badepite banditse iyi baruwa bitaba ijwi rya Martin Fayulu uyoboye EciDé, wabasabye kwanga izi modoka kuko kuri we, ngo ni ruswa bagenewe n’Umukuru w’Igihugu, Perezida Félix Tshisekedi.

Yabibasabye nyuma y’aho tariki ya 18 Kamena 2021, Mboso Nkodia yemenyesheje abadepite ko hari imodoka 500 za Jeeps bagenewe na Perezida Tshisekedi nk’impano, kuva ubwo hatutumba umwuka mubi muri politiki.

Gusa Perezida Tshisekedi mu kiganiro yagiriye ku gitangazamakuru cy’igihugu, RTNC i Goma tariki ya 1 Nyakanga, yahakanye ko izi modoka ari impano yageneye abadepite, avuga ko bazazishyura mu mushahara wabo. Yagize ati: “Baziyishyurira, ntabwo ari Perezida wa Repubulika uzazishyura.”

Perezida Tshisekedi yasobanuye ko aba badepite bari barasabye ko bahabwa imodoka bitewe n’uko bamwe muri bo ntazo bagira, bagera ku Nteko bateze iz’abandi cyangwa moto. Kuri we, nta kidasanzwe cyabaye kuko n’abababanjirije bazihabwaga.

250 muri izi Jeep zamaze kugera muri RDC aho byateganyijwe ko zizahabwa abadepite 250, abandi bategereze izizahagera tariki ya 12 Nyakanga, mu gihe nta mpinduka zahaba.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *