Kenya: Umugabo ufite igitsina ‘kidafata umurego’ araregwa gusambanya umwana

Sangiza iyi nkuru

Umunyakenya witwa Francis Wafula araregwa gusambanya umukobwa w’imyaka 13 y’amavuko, mu gihe we avuga ko atabibasha kuko igitsina cye kimaze imyaka igera kuri itanu kidafata umurego.

Imbere y’umucamanza, Wafula yagize ati: “Ibivugwa sinabasha kubikora kubera ko ubugabo bwanjye ntibukora kuva mu 2016. Buri gihe iyo nshatse kubikora n’umugore wanjye, nkoresha TNT20.”

TNT20 ni ibinini binyobwa, byongera ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina. Ibi binini bizamura umurego w’igitsina.

Wafula aregwa n’umubyeyi w’uyu mwana gukorera iki cyaha mu nzu iri mu gace ka Hurlingham mu karere ka Kilimani, iri hafi y’aho asanzwe akorera kuri sitasiyo ya peteroli.

Ubushinjacyaha buvuga ko Wafula yasangaga uyu mwana muri iyi nzu, akamuha impano zirimo amabombo, akamusambanya, nyuma y’aho akamuha amafaranga, akamutegeka kutabivuga.

Gusa Wafula yavuze ko umubyeyi w’uyu mwana amubeshyera biturutse ku makimbirane bagiranye ashingiye ku bujura bwa peteroli yashakaga kumwinjizamo, akabyanga.

Umucamanza yasubitse iburanisha, yanzura ko rizakomeza tariki ya 23 Nyakanga 2021.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *