Perezida Ndayishimiye yakiriwe na Tshisekedi i Kinshasa (Amafoto)

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yakiriwe i Kinshasa kuri uyu wa kabiri na Perezida FĂ©lix Antoine Tshisekedi wa RDC, mu ruzinduko rw’iminsi itatu ari kugirira muri kiriya gihugu. Kuva ku wa Mbere Tariki ya 12 Nyakanga Perezida w’u Burundi ari i Kinshasa, ku butumire bwa mugenzi we wa RDC. Perezida Ndayishimiye akigera i Kinshasa yakiriwe […]
Rusizi: Batandatu bafunzwe bakurikiranweho gusagararira umucamanza
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abantu batandatu bagaragaye basagararira umucamanza mu rukiko rw’ibanze rwa Kamembe mu Karere ka Rusizi. Mu butumwa RIB yacishije ku rubuga rwa Twitter, yatangaje iti: “RIB yafunze batandatu bakurikiranweho gusagararira umucamanza no kuvogera inyubako y’urukiko rw’ibanze rwa Kamembe tariki ya 9 Nyakanga 2021.” Aba baturage bumvikanye mu […]
Covid-19: USA yongereye u Burundi mu bihugu byibasiwe kurusha ibindi
Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) gishinzwe gukumira no kurwanya indwara, CDC, cyongereye u Burundi ku rutonde rw’ibihugu byibasiwe n’icyorezo cya Covid-19 kurusha ibindi ku Isi. Ni nyuma y’iminsi 6 iki kigo gishyize u Burundi ku rutonde rw’ibihugu bifite ubwandu buke bw’iki cyorezo ku Isi, aho byagaragaraga ko iki gihugu ari cyo kimeze […]
Perezida Nyusi yasubije abababajwe n’uko ingabo za RDF zatanze iza SADC muri Mozambique
Perezida wa Mozambique, Filipe Nyusi, yatangaje ko kuba yaremeye guhuza ibikorwa bya gisirikare by’ingabo z’igihugu cye n’iz’u Rwanda mu ntara Cabo Delgado ari inshingano za Guverinoma ye. Perezida Nyusi yabitangaje asubiza bimwe mu bihugu byo mu muryango w’ubukungu bwa Afurika y’Amajyepfo (SADC) bitishimiye ko ingabo z’u Rwanda zatanze iz’uriya muryango kugera muri Mozambique. Kimwe mu […]
Hagiye gutangizwa uburyo bushya buzatuma buri muntu abasha kwipima Coronavirus
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’igihugu cy’Ubuzima mu Rwanda (RBC), Dr Sabin Nsanzimana avuga ko vuba aha hagiye gutangira uburyo bushya buzatuma umuntu wese abasha kwipima akamenya niba atanduye COVID19. Muganga Nsanzimana avuga ko ubu buryo buzaba buhendutse kandi bugatanga igisubizo vuba. Ubu buryo bwitezweho kuzajya butanga igisubizo mu gihe cy’umunota umwe. Aya makuru aje mu gihe […]
Umugabo yituye hasi kubera inzara muri gare i Kampala (Video)
Umugabo wamenyekanye ku mazina ya Kawalaata yituye hasi ubwo yari muri gare nshya ya i Kampala mu bikekwa ko ari inzara yabiteye. Bagenzi be bagerageje kumuhembura bamuha amata ariko biba iby’ubusa. Bavuga ko yari asanzwe atunzwe no gutwara imizigo y’abantu, ubu bikaba bitagishoboka kuko igihugu kiri muri Guma mu Rugo. Croix-Rouge yihutanye imbangukiragutabara ngo imwihutane […]
Nziza Theos yakebuye urubyiruko mu ndirimbo ye nshya ‘Nta myaka 100, nta gikwe’
Umuhanzi Nziza Theos uririmba indirimbo ziramya n’izihimbaza Imana, yasohoye indirimbo yise ‘Nta myaka 100’ ikubiyemo ubutumwa bukebura urubyiruko muri ibi bihe Isi yugarijwe na COVID-19. Ni nyuma y’uko muri iyi minsi abenshi mu rubyiruko basa n’aho biraye, ibituma bahitamo kubaho mu buzima bworoshye nk’abazapfa ejo. Amagambo nka ‘Nta myaka 100’, ‘Nta gikwe’ ari mu yiganje […]
Kenya: Umugabo ufite igitsina ‘kidafata umurego’ araregwa gusambanya umwana
Umunyakenya witwa Francis Wafula araregwa gusambanya umukobwa w’imyaka 13 y’amavuko, mu gihe we avuga ko atabibasha kuko igitsina cye kimaze imyaka igera kuri itanu kidafata umurego. Imbere y’umucamanza, Wafula yagize ati: “Ibivugwa sinabasha kubikora kubera ko ubugabo bwanjye ntibukora kuva mu 2016. Buri gihe iyo nshatse kubikora n’umugore wanjye, nkoresha TNT20.” TNT20 ni ibinini binyobwa, […]
Afurika y’Epfo: Imfungwa zatwitse gereza zamagana ifungwa rya Jacob Zuma
Imfungwa zo muri gereza ya Umzinto iherereye mu ntara ya KwaZulu-Natal muri Afurika y’Epfo, zatwitse iyi gereza zamagana ifungwa rya Jacob Zuma wahoze ayobora kiriya gihugu. Byabaye ejo ku wa Mbere tariki ya 12 Nyakanga. Amashusho yafashwe yerekana umwotsi ucumba hejuru y’iriya gereza, imfungwa ziri hejuru yayo. Amakuru avuga ko ziriya mfungwa zigaragambyaga zisaba ko […]
Yanga Africans yemeje ko igiye gutandukana na Haruna Niyonzima
Ikipe ya Yanga Africans yo muri Tanzania, yatangaje ko igiye gutandukana na kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Haruna Niyonzima wari umaze kuyikinira imyaka umunani yose. Ni mu butumwa iyi kipe ikunzwe kurusha izindi muri Tanzania yanyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo. Yanga Africans yazishyizeho ifoto ya Haruna ikoze mu mubare wa numĂ©ro 8 yambara, iyiherekeza amagambo […]
Abadepite b’aba-Demukarate bari guhunga Leta ya Texas
Abadepite bo mu Ishyaka ry’Abademukarate mu Nteko ishinga amategeko ya Texas, bavuye muri iyo ntara ku bwinshi mu rwego rwo kunaniza, abarepubulikani ngo batemeza itegeko rikumira abantu mu matora muri iyo ntara. Icyemezo cy’aba badepite nk’uko bimwe mu bitangazamakuru mpuzamahanga bivuga, kizatuma ibikorwa by’inteko biba bihagaze igihe gito kuko bisaba 2/3 ngo itegeko ritorwe. Ku […]
Itangazo ryo guhindura izina kwa Nibonayo Prudence
Ingabo z’u Rwanda ntizizakorana n’iza SADC muri Mozambique
Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Col. Ronald Rwivanga yatangaje ko ingabo z’iki gihugu ziri mu butumwa bw’amahoro mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique zitazakorana n’iz’umuryango w’ibihugu biri mu majyepfo ya Afurika, SADC, zigiye koherezwayo. Col. Rwivanga yabitangarije mu kiganiro yagiranye na Taarifa, nk’uko bigaragara mu nkuru iki gitangazamakuru cyashyize hanze kuri uyu wa 12 Nyakanga […]
Ukuri ku mafoto yitiriwe ingabo za RDF zihanganye n’umwanzi muri Mozambique
Ku mbuga nkoranyambaga yahatangiye gucicikana amafoto yerekana ingabo z’u Rwanda zisa n’aho zihanganye n’umwanzi, akaba yitiriwe ingabo za RDF ziri mu bikorwa byo kurwanya iterabwoba muri Mozambique. Ni nyuma y’uko mu mpera z’icyumweru gishize ingabo z’u Rwanda n’abapolisi 1,000 bageze mu ntara ya Cabo Delgado iherereye mu majyaruguru ya Mozambique, berekeza mu birindiro byabo bitegura […]
Umugore w’umuzungu yakoze igikorwa gitangaje ku ifoto ya Rashford utorohewe n’ivangura
Umugore w’uruhu rwera yagaragaye ahisha ibitutsi n’amagambo y’irondaruhu yari yanditswe ku ifoto ya Marcus Rashford, rutahizamu wa Manchester United n’ikipe y’Abangereza, utorohewe n’irondaruhu muri ibi bihe. Rashford, Bukayo Saka na Jadon Sancho ntiborohewe n’ivangura nyuma yo guhusha penaliti ku mukino wa nyuma wahuje Abongereza n’ u Butaliyani. Rashford yari afite ifoto mu Mujyi wa Manchester, […]
Umusore wacururizaga muri GOICO i Musanze yaguye mu mpanuka ajya i Kigali
Umwe mu basore bivugwa ko basanzwe bacururiza imyenda mu isoko rya GOICO mu Karere ka Musanze yaguye mu mpanuka BWIZA yamenye ko yabereye ahitwa kuri Mukinga, mu muhanda uva i Musanze werekeza i Kigali. BWIZA yamenye amakuru ko ibi byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 12 Nyakanga, ubwo ivatiri yari imutwaye, yagonze […]
EU igiye kohereza abasirikare bazajya batoza ingabo za Mozambique
Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) wafashe icyemezo cyo kohereza abasirikare bazajya baha imyitozo ingabo za Mozambique ziri ku rugamba rwo kurwanya ibikorwa by’iterabwoba mu Ntara ya Cabo Delgado. Iki cyemezo cyafatiwe mu nama yabereye i Brussels mu Bubiligi, yahurije hamwe ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’ibihugu bigize uyu muryango kuri uyu wa 11 Nyakanga 2021. Nk’uko ibiro […]
Ba Kidobya mu karere! FPR Ntiyacuraga imbunda \ Intandaro y’amakimbirane adashira – Dr Kayumba
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV
Haïti: Umuganga yatawe muri yombi, akekwaho kuba inyuma y’urupfu rwa Perezida
Polisi ya HaĂŻti yatangaje ko yataye muri yombi umuganga witwa Christian Emmanuel Sanon, imukekaho kuba inyuma y’umugambi wo kwica uwari Perezida, Jovenel MoĂŻse tariki ya 7 Nyakanga 2021. Umuyobozi mukuru wa Polisi ya HaĂŻti, LĂ©on Charles yavuze ko muganga Sanon ukomoka muri Leta ya Florida muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), yageze muri iki […]