Umugore w’uruhu rwera yagaragaye ahisha ibitutsi n’amagambo y’irondaruhu yari yanditswe ku ifoto ya Marcus Rashford, rutahizamu wa Manchester United n’ikipe y’Abangereza, utorohewe n’irondaruhu muri ibi bihe. Rashford, Bukayo Saka na Jadon Sancho ntiborohewe n’ivangura nyuma yo guhusha penaliti ku mukino wa nyuma wahuje Abongereza n’ u Butaliyani. Rashford yari afite ifoto mu Mujyi wa Manchester, yari yarashyizwe aho hantu nyuma y’ubufasha yari yahaye abana. Abantu bataramenyekana bigabije iyo foto, bayandikaho amagambo mabi y’urwango. Umwe mu bagore b’abazungu we yagaragaye ari guhisha ibyo bitutsi, ashyiraho utumenyetso tw’urukundo. Bamwe mu babibonye bavuze ko burya abantu bose si kimwe. Bumvikanishaga ko benshi mu bazungu bari kwibasira Rashford ariko we akaba ari kwerekana urukundo. Marcus Rashford yari aherutse gusaba imbabazi abafana kubera guhusha penaliti ariko avuga ko “nta na rimwe nzasaba imbabazi z’uwo ndi we”. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV
XMA Header Image
Ba Kidobya mu karere! FPR Ntiyacuraga imbunda \\ Intandaro y’amakimbirane adashira – Dr Kayumba
youtube.com


