Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) wafashe icyemezo cyo kohereza abasirikare bazajya baha imyitozo ingabo za Mozambique ziri ku rugamba rwo kurwanya ibikorwa by’iterabwoba mu Ntara ya Cabo Delgado.
Iki cyemezo cyafatiwe mu nama yabereye i Brussels mu Bubiligi, yahurije hamwe ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’ibihugu bigize uyu muryango kuri uyu wa 11 Nyakanga 2021.
Nk’uko ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters byabitangaje, EU irateganya kohereza abasirikare bari hagati ya 200 na 300 kugeza mu mpera z’uyu mwaka, aho zizamara muri Mozambique imyaka ibiri, ishobora kwiyongera.
Iki cyemezo cyafashwe ariko ntiharamenyekana ibihugu bigize uyu muryango bizohereza abasirikare muri Mozambique, keretse Portugal yamaze kohereza izigera muri 60 muri Gicurasi 2021.
EU ni umwe mu miryango n’ibihugu Leta ya Mozambique yasabye kuyifasha kurwanya ibikorwa by’iterabwoba byibasiye Cabo Delgado kuva mu 2017.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


