Abagabo babiri kuri uyu wa 20 Nyakanga 2021 bagabye igitero kuri Perezida wa Mali w’inzibacyuho, Col. Assimi Goïta, umwe agerageza kumutera icyuma, ariko Imana ikinga akaboko.
France 24 dukesha iyi nkuru ivuga ko Col. Goïta yagabweho iki gitero ubwo yari mu isengesho ry’igitambo Eid al-Adha mu musigiti uherereye mu mujyi wa Bamako.
Abashinzwe umutekano wa Col. Goïta ngo bagerageje gutabara, barusha imbaraga abagabye igitero, bamukura mu musigiti igitaraganya.
Ibiro bya Perezida wa Mali bimaze gutangaza biti: “Abagabye igitero bahise baganzwa n’abashinzwe umutekano. Iperereza rirakomeje.”
Mu gihe ibi biro bivuga ko iperereza rikomeje, ntabwo byatangajwe niba aba bagabo bagabye igitero batawe muri yombi, cyangwa niba bacitse.
Col. Goïta ayoboye inzibacyuho ya Mali nyuma yo guhirika ku butegetsi Ibrahim Boubacar Keita wabaye Perezida w’iki gihugu na Bah Ndaw wamusimbuye by’agateganyo.



2 Responses
Abagabo babiri bagerageje kwica Col. Goïta uyoboye Mali
Nonese agirango ibyo yakoreye IBK we ntazabikorerwa
Abagabo babiri bagerageje kwica Col. Goïta uyoboye Mali
Nonese agirango ibyo yakoreye IBK we ntazabikorerwa