Urubyiruko rwo muri Leta ya Amhara muri Ethiopia guhera tariki ya 26 Nyakanga 2021 rwatangiye kwihuza kugira ngo ruhangane n’umutwe witwaje intwaro wa TPLF uharanira ubwigenge bwa Leta ya Tigray.
Ni igikorwa cyatangiye nyuma yo kubisabwa n’umuyobozi wa Amhara, Agegnehu Teshager watangaje ko TPLF yatangiye kugaba ibitero ku ngabo z’igihugu ziri muri Leta ayoboye.
Icyo gihe Agegnelu yatangaje ati: “Ndahamagarira urubyiruko rwose, ururi mu nzego zishinzwe umutekano n’urutazirimo, urufite intwaro za Leta n’urufite izarwo bwite, kwihuriza mu rugamba rwo kurwanya TPLF guhera ejo.”
Uwo munsi wakurikiyeho, umuturage utuye mu gace ka Debark muri Amhara yavuganye n’ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, abimenyesha ko yabonye urubyiruko n’abakozi ba Leta batangiye kwihuza kugira ngo bajye mu rugamba.
Uyu muturage yagize ati: “Ubu abafite intwaro bari kwiyandikisha.” Yongereyeho ko ari igikorwa cy’ubushake, kandi bikaba biteganyijwe ko bazahabwa imyitozo ya gisirikare.
Umukozi w’urwego rushinzwe umutekano ubarizwa mu gace ka Humera, yabwiye ibi biro ntaramakuru ko urubyiruko ruri kwihuza ariko bikaba biri gukorwa mu buryo butateguwe.
Yagize ati: “Urubyiruko ruri kwihuza ariko nta buryo bwo kurutegura bwashyizweho. Nta muntu wo kurutegura, nta muntu uhari wo kuruha intwaro, amasasu n’amafunguro.”
TPLF ivuga ko ikomeje kwinjira muri Amhara, mu gihe Umuvugizi w’iyi Leta, Gizachew Muluneh avuga ko ari ikinyoma cy’icengezamatwara (prpopaganda.”


