Cristiano Ronaldo, umusore w’imyaka 31 y’amavuko ukomoka muri Portugal akaba akinira ikipe ya Real Madrid yo muri Espagne, yatangaje ko inzozi ze ari ruhago ariko ko na cinema imuzamo cyane.
Aganira nikinyamakuru “Four Four Two”, Ronaldo yagize ati: “Ubuzima bwanjye, numva nabuharira ruhago”.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
N’ubwo avuga ko yumva yazaguma mu ruhando rwa ruhago akaba yazava mu kibuga nk’umukinnyi akaba yakwerekeza mu butoza, anavuga ko ajya agira izindi nzozi zo kuba yazerekeza ikirenge muri cinema. Ati: “Nzemera nerekeze muri cinema”.

Ronaldo yavuze ibi nyuma yo gushimira bagenzi be badahwema kumuba hafi mu byo akora mu ikipe ya Real Madrid, Tariki ya 6 Ugushyingo akaba aribwo yongereye amasezerano ye yo gukomeza gukinira iyi kipe kugeza muri 2021.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Gentille Kamikazi/bwiza.com


