Umusore yihinduye nk’umukobwa kugira ngo akorere umukunzi ikizamini

Sangiza iyi nkuru

Umusore wo muri Sénégal witwa Khadim Mboup usanzwe ari umunyeshuri muri kaminuza yihinduye nk’umukobwa kugira ngo akorere umukunzi we ikizamini.

Uyu musore mu ifoto agaragara yambaye ikanzu y’abagore itukura, yiteze igitambaro bisa, mu ijosi yitamiriye agatambaro k’umukara, yambaye n’agapfukamunwa munsi y’akananwa.

Ibitangazamakuru byo muri iki gihugu bivuga ko uyu musore w’imyaka 22 y’amavuko wiyemerera ikosa, yavuze ko ibi yabikoze kubera ko akunda uyu mukobwa ugorwa n’ururimi rw’Icyongereza.

Mboup yatawe muri yombi mu mpera z’icyumweru gishize, ku wa Mbere agezwa imbere mu rukiko aregwa kwiba umwirondoro w’undi muntu no gukora uburiganya mu kizamini. Umukunzi we, we eragwa ubufatanyacyaha.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *