Goma: Abantu 243 barimo Abanyarwanda bafashwe bakekwaho guteza umutekano muke

Sangiza iyi nkuru

Inzego zishinzwe umutekano za Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) zakoze umukwaku mu mujyi wa Goma, zifata abantu 243 bakekwaho guteza umutekano muke.

Komanda w’akarere ka gisirikare ka 34 Goma iherereyemo, Brig. Gen. Tshinkobo Guylain yabwiye itangazamakuru ko aba bafatiwe mu duce twa Mikeno na Mapendo kuri uyu wa 11 Kanama 2021, harimo abafite imihoro n’inzoga zikaze.

Gen. Tshinkobo yavuze ko igisirikare cyamenye ko hari abanyamahanga bashobora kuba ari intandaro y’umutekano muke muri utu duce, cyoherezayo abashinzwe iperereza.

Abanyarwanda n’Abagande bafatiwemo bo babarirwa muri 30 nk’uko uyu musirikare yakomeje abivuga. Yagize ati: “Twafashe abanyamahanga babarirwa muri 30 barimo Abanyarwanda, Abanyarwanda n’Umurundi umwe.”

Uyu mukwabu ni kimwe mu bikorwa byateganyijwe mu bihe bidasanzwe intara ya Kivu y’Amajyaruguru irimo umujyi wa Goma yashyizwemo guhera tariki ya 6 Gicurasi 2021.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *