Mutabazi yahagaritse intambara yatangije kuri Bizimana uyobora Kisoro

Sangiza iyi nkuru

Milton Bazanye Mutabazi wigeze kuba Meya wa Kisoro muri Uganda, yahagaritse intambara yatangije kuri Abel Bizimana uyobora aka karere ubu ngubu.

Uguhangana kwa bombi kwatangiye ubwo muri Mutarama 2021 hasohokaga ibyavuye mu matora y’abakandida bashaka kuyobora uturere, bombi bari bahataniye kuyobora Kisoro.

Icyo gihe byatangajwe ko Bizimana uri mu ishyaka riri ku butegetsi, NRM, yagize amajwi 55,567, Mutabazi agira 13,234, kuva ubwo yamagana intsinzi ya mugenzi we.

Chimpreports ivuga ko Mutabazi yifashishije umunyamategeko witwa Katerega, bajuririye mu rukiko rukuru rwa Kabale, basaba ko rwatesha agaciro amajwi ya Bizimana.

Impamvu yatumye basaba urukiko gufata iki cyemezo, ni uko ngo Bizimana yakoze uburiganya, akabeshya ko afite impamyabumenyi y’icyiciro gihanitse cya kaminuza, kandi ngo hari ibimenyetso byerekana ko atarangije n’icyiciro cya kabiri cyangwa se amashuri yisumbuye.

Nyuma yo kugirana ibiganiro na Bizimana, bakiyunga, Mutabazi yandikiye urukiko rukuru rwa Kabale tariki ya 26 Kanama 2021, arusaba guhagarika ikirego yari yatanze. Rwemeye kugiharika tariki ya 30.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *