Abasirikare 12 ba Burkina Faso bivuganwe n’intagondwa zitaramenyekana mu majyaruguru y’igihugu nk’uko bitangazwa n’inzego z’umutekano z’iki gihugu.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ibiro ntaramakuru by’Abanyamerika, Associated Press, dukesha aya makuru, byatangaje ko izo ntagondwa zateye ikigo cya gisirikali mu mujyi wa Nassoumbou, hafi y’umupaka n’igihugu cya Mali zikanatwika amwe mu mazu n’amamodoka byari muri iki kigo.

Nubwo nta wurigamba kuba inyuma y’iki gitero, si ubwa mbere Burkina Faso igabwaho ibitero n’imitwe ifitanye isano na al-Qaida. Muri Mutarama igitero nk’iki kikaba cyarahitanye abakabakaba 30.
Iki gitero cyamaze amasaha 15 cyagabwe kuri Hotel Splendid yo mu murwa mukuru Ouagadougou, cyahitanye abantu 29 barimo abanyamahanga 10; Umunyamerika 1, Abanyacanada 6, Umufaransa 1, Umuholandi 1, n’Umusuwisi 1.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Perezida Roch Marc Christian Kaboré wa Burkina Faso yahise asubika urugendo yagombaga kugirira mu gihugu cya Nigeriya kwiga ku bibazo bya politike biri mu gihugu cya Gambiya.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


