Imyaka 31 irashize Karidinali Kambanda ahawe ubusaseridoti

Sangiza iyi nkuru

Kuva tariki ya 8 Nzeri 1990 kugeza uyu munsi tariki ya 8 Nzeri 2021, imyaka 31 irashize Antoine Karidinali Kambanda ahawe ubusaseridoti cyangwa ubupadiri.

Ni ingabire yaherewe na Papa Jean Paul II, nyuma yo kurangiza amasomo muri seminari nkuru yitiriwe Mutagatifu Charles Bartromeu, i Nyakibanda muri Diyosezi Gatolika ya Butare, yizemo kuva mu 1984 kugeza mu 1990.

Umuhango wo kumuha ubusaseridoti wabereye muri misa i Mbare, mu Murenge wa Shogwe, mu Karere ka Muhanga. Icyo gihe Papa Paul II wari mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda yahaye iyi nshingano n’abandi badiyakoni 30 barimo Abanyarwanda 24 n’Abanyekongo 6.

Mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 31 ahawe ubusaseridoti, Karidinali Kambanda yasabye abamukurikira kuri Twitter kumufasha gushimira Imana, ati: “Mumfashe dushimire Imana ingabire y’ubusaseridoti nahawe kuri iyi tariki ya 8 Nzeri 1990.”

Yakomeje avuga ko iyi sabukuru ayizihiriza mu ikoraniro mpuzamahanga ry’Ukarisita ribere i Budapest muri Hongiriya (Hungary). Ati: “Mwese mbatuye Imana n’Ummubyeyi Bikira Mariya.”

Kambanda nyuma yo guhabwa ubusaseridoti yaje gukora inshingano zitandukanye muri kiliziya gatolika, mu mashuri no mu miryango iyishamikiyeho.

Tariki ya 7 Gicurasi 2013, Papa Francis yamugize umushumba wa Diyosezi ya Kibungo, ku ya 19 Ugushyingo 2018 amugira umushumba wa Diyosezi Nkuru ya Kigali.

Tariki ya 28 Ugushyingo 2020 ni bwo Papa Francis yagize Kambanda Karidinali, aba Karidinali wa mbere mu mateka y’u Rwanda. Ubu ni umwe mu bagize inama ya Papa ishinzwe iyogezabutumwa bw’abantu ku Isi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *