Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yamaganye abaherutse guhirika ubutegetsi bwa Alpha Condé wayoboraga Guinée Conakry, avuga ko bagomba kurekura ubutegetsi.
Uyu Mukuru w’Igihugu yabitangarije mu kiganiro cyihariye yagiranye n’umunyamakuru wa France 24, Marc Perelman, cyabereye muri Entebbe mu murwa mukuru, Kampala.
Nk’umaze imyaka 35 ku butegetsi, yabajijwe uko yakiriye ihirikwa rya Condé wari waratorewe kuyobora igihugu manda ya gatatu, asubiza ati: “Birababaje. Ni intambwe isubira inyuma, izo coup z’igisirikare zifite agaciro gake. Twazigize mu myaka y’1960, ni zimwe mu bibazo Afurika yagize.”
Aboneraho kuyamagana, ati: “Ndamagana coup, ntabwo nemera igitekerezo cya za coup. Izo coup ntabwo ari wo muti.”
Abajijwe niba abahiritse Condé bakwiye ibihano, Museveni yasubije ati: “Cyane. Bagomba kuvaho, bakwiye gusabwa kugenda kubera ko atari igisubizo ku bibazo by’igihugu.”
Alpha Condé yahiritswe ku butegetsi n’umutwe w’abasirikare badasanzwe uyobowe na Col. Mamady Doumbouya, tariki ya 5 Nzeri 2021. Bahise bashyiraho ubutegetsi bw’inzibacyuho.



