Umuryango w’Abibumbye wirukanye abasirikare 450 ba Gabon bari mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrika (CAR) bashinjwa ibyaha birimo gukorera abaturage ihohotera rishingiye ku gitsina.
Minisiteri y’Ingabo ya Gabon yemereye AFP iby’aya makosa, igira iti: “Mu byumweru bishize, amakosa anyuranye n’amahame ngengamyitwarire n’icyubahiro cy’igisirikare yaba yarakozwe na bamwe mu basirikare ba Gabon, yaravuzwe.”
Ibi birego byatumye UN ifata icyemezo cyo kuba yirukanye aba basirikare ku butaka bwa CAR nk’uko misiyo yayo muri iki gihugu, MINUSCA yabyemeje kuri uyu wa 15 Nzeri 2021.
MINUSCA yatangaje iti: “Nyuma y’ibirego byinshi by’ihohotera rishingiye ku gitsina biri gukurikiranwa, Umuryango w’Abibumbye uyu munsi wafashe icyemezo cyo kwirukana abasirikare ba Gabon muri misiyo yo muri Repubulika ya Centrafrika.”
Minisiteri y’Ingabo ya Gabon yavuze ko iri gukora iperereza kuri ibi byaha aba basirikare baregwa, kandi ngo nibibahama, bazagezwa imbere y’urukiko rwa gisirikare, bahanwe bikomeye.
UN yatanze impuruza ku myitwarire mibi y’ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro muri CAR guhera muri Werurwe 2021.


