Mozambique: Abantu 44 bafashwe basengera mu ishyamba, bakekwaho gukorana n’ibyihebe

Sangiza iyi nkuru

Abapolisi bakorera mu Karere ka Tsagano, Intara ya Tete muri Mozambique, iherutse guta muri yombi abantu 44 basengeraga mu ishyamba; ibakekaho gukorana n’intagondwa z’umutwe witwaje intwaro wegamiye kuri IS zihungabanya umutekano w’abatuye mu ntara ya Cabo Delgado.

Umuvugizi wa Polisi ya Mozambique, Luciano de Camara yatangarije VOA ko aba bantu bafatiwe mu ishyamba ry’inzitane rihuza akarere ka Tsagano na Angonia tariki ya 12 Nzeri 2021, basengeramo.

Byakekwaga ko baba ari abayoboke ba Kiliziya Gatolika, gusa Diyosezi ya Tete yarabihakanye, ivuga ko itabazi.

Batawe muri yombi nyuma y’abandi bantu 14 bari muri bisi yinjiraga muri Tsagano bafashwe tariki ya 8 Nzeri 2021. Bose uko ari 58 bakekwaho gukorana gukorana n’izi ntagondwa, mu gihe polisi ikibakoraho iperereza.

Nyuma y’itabwa muri yombi ryabo, Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Mozambique, Bernardino Rafael yatangaje ko aya makoraniro y’abayoboke b’amadini ashobora gutera ibikorwa by’iterabwoba, asaba amahuriro y’abakirisitu kuyitondera.

Yavuze ko imyitwarire y’aya makoraniro, ituma inzego zishinzwe umutekano zikeka ko abayahuriramo bakorana n’abakora ibikorwa by’iterabwoba muri Cabo Delgado.

Rafael yasabye abaturage kuguma mu ngo, cyane ko iwabo nta bikorwa by’iterabwoba birahagera.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *