U.K: U Rwanda ruraguma ku rutonde rutukura, Kenya n’ibindi bihugu 7 bikurwemo

Sangiza iyi nkuru

Guverinoma y’Ubwami bw’u Bwongereza (UK) yatangaje ko tariki ya 22 Nzeri 2021 izakura ibihugu 8 ku rutonde rutukura ruriho ibyugarijwe cyane n’icyorezo cya Covid-19.

Ibi bihugu ni: Kenya, Bangladesh, Misiri, Maldives, Oman, Pakistan, Sri Lanka, Turukiy; byose bizimurirwa ku rutonde rwa ‘Amber’ (ibara rijya gusa n’umuhondo).

U Rwanda n’ibindi bihugu byo mu Karere nka: Tanzania, u Burundi, Uganda na Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bizaguma ku rutonde rutukura.

Abagenzi bazaba bava mu bihugu biri ku rutonde rutukura cyangwa babiherukamo mu minsi iri munsi y’10 bajya mu Bwongereza ni Abongereza, abanya-Ireland n’abandi bemerewe gutura mu Bwongereza.

Aba ngaba guhera tariki ya 4 Ukwakira, bazajya basabwa kubanza kwisuzumisha Covid-19 habura iminsi itatu ngo bajyeyo, gushaka hoteli bazajya babamo mu kato, bakanasuzumirwamo inshuro ebyiri.

Aba bagenzi kandi basabwa kuzuzuririza urupapuro rugaragaza imyirondoro yabo, aho baturutse n’indege ibageza muri gihugu ruzwi nka ‘Locator form’, mbere y’amasaha 48 ngo bajyeyo.

U Rwanda ruri ku rutonde rutukura rw’u Bwongereza kuva tariki ya 28 Mutarama 2021, igihe abagenzi bahaturukaga batari bemerewe kujya muri iki gihugu kiri ku mugabane w’Uburayi bitewe n’amabwiriza akomeye cyari cyarashyizeho mu rwego rwo gukumira iki cyorezo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *