Guverinoma y’u Bwongereza tariki ya 17 Nzeri 2021 yatangaje amabwiriza mashya yo kwirinda no kurwanya icyorezo cya Covid-19, by’umwihariko ajyanye n’ingendo z’abaturuka mu bindi bihugu bajyayo.
Muri aya mabwiriza, u Bwongereza bwavuguruye urutonde rutukura bushyiraho ibihugu byugarijwe cyane n’iki cyorezo, bukarushingiraho rushyiriraho abaturukamo amabwiriza yihariye ajyanye n’ingendo.
Iyi Guverinoma kandi yashyizeho amabwiriza yihariye ku bantu bafashe inkingo zose z’iki cyorezo n’abatarigeze bafata na rumwe, ariko ishyira igisa n’irengayobora ku migabane n’ibihugu.
Yatangaje ko umuntu wafashe inkingo zose uturutse ku mugabane wa Afurika cyangwa muri Amerika y’Amajyepfo no mu bihugu birimo: Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, u Buhinde, Turukiya, Jordaniya, Thailand, Libani, Syria, Iraq, Iran n’u Burusiya; azajya afatwa nk’utarikingije.
Uturuka muri Afurika, Amerika y’Amajyepfo no muri ibi bihugu, arasabwa kubahiriza amabwiriza yashyiriweho abantu batigeze bafata urukingo na rumwe. Aya arimo kujya mu kato k’iminsi 10 no kwisuzumisha iki cyorezo byibuze inshuro ebyiri muri iki gihe.
Ni mu gihe uwafashe inkingo zose uturutse mu bihugu birimo: Qatar, Israel, Kuwait, Saudi Arabia, Bahrain, Singapore, Australia, New Zealand, Koreya y’Epfo n’ibindi; we azajya afatwa nk’uwakingiwe, ntabanze kujya mu kato ageze mu Bwongereza.
Aya mabwiriza kandi ntareba abenegihugu b’u Bwongereza n’abafite uruhushya rubemerera gutururayo, kimwe n’abaturuka mu bihugu nka: Ireland bibarwa muri ubu bwami.
Aya mabwiriza azatangira kubahirizwa saa kumi n’igitondo (saa kumi n’ebyiri mu Rwanda), tariki ya 4 Ukwakira 2021.



14 Responses
Mu Bwongereza: Uwakingiwe Covid-19 muri Afurika azajya afatwa nk’utarakingiwe
Ntacyo mvuze ntiteranya, nibashake isi yose bayikumire
Mu Bwongereza: Uwakingiwe Covid-19 muri Afurika azajya afatwa nk’utarakingiwe
Ntacyo mvuze ntiteranya, nibashake isi yose bayikumire
Mu Bwongereza: Uwakingiwe Covid-19 muri Afurika azajya afatwa nk’utarakingiwe
Ako ni agasuzuguro ka gikoloni.
Ahubwo hari hakwiye ko abanyafrika basinya “pétition” isaba ko ibihugu byose bya Africa bifata umwongereza wese ugeze kuri uyu mugabane nk’utarakingiwe ndetse yaba akihagerera akabanza gukingirwa kandi akajya mu kato kugeza abonye dose ya ku nkingo zisaba dose 2.
Mu Bwongereza: Uwakingiwe Covid-19 muri Afurika azajya afatwa nk’utarakingiwe
Ese impamvu bashingiyeho bafata uwo mwanzuro nizihe?
Niba ko iyi nkuru ari ukuri,Kubwanjye nk’umuturage, udafite ubumenyi m’ubuzima bwa muntu, nifuzaga ko abahanga bab’anyafurika(immunologues, épidémiologistes, yemwe n’ubuyobozi…bw’ibihugu by’afurika) bashira hamwe,
bakaduha umurongo ngederwaho…
Mu Bwongereza: Uwakingiwe Covid-19 muri Afurika azajya afatwa nk’utarakingiwe
Ese impamvu bashingiyeho bafata uwo mwanzuro nizihe?
Niba ko iyi nkuru ari ukuri,Kubwanjye nk’umuturage, udafite ubumenyi m’ubuzima bwa muntu, nifuzaga ko abahanga bab’anyafurika(immunologues, épidémiologistes, yemwe n’ubuyobozi…bw’ibihugu by’afurika) bashira hamwe,
bakaduha umurongo ngederwaho…
Mu Bwongereza: Uwakingiwe Covid-19 muri Afurika azajya afatwa nk’utarakingiwe
Ako ni agasuzuguro ka gikoloni.
Ahubwo hari hakwiye ko abanyafrika basinya “pétition” isaba ko ibihugu byose bya Africa bifata umwongereza wese ugeze kuri uyu mugabane nk’utarakingiwe ndetse yaba akihagerera akabanza gukingirwa kandi akajya mu kato kugeza abonye dose ya ku nkingo zisaba dose 2.
Mu Bwongereza: Uwakingiwe Covid-19 muri Afurika azajya afatwa nk’utarakingiwe
Sibyo mbabwirako twakingiwe inkingo z’ibicupuri! Aha!!! Nzaba menya amaherezo.
Mu Bwongereza: Uwakingiwe Covid-19 muri Afurika azajya afatwa nk’utarakingiwe
Sibyo mbabwirako twakingiwe inkingo z’ibicupuri! Aha!!! Nzaba menya amaherezo.
Mu Bwongereza: Uwakingiwe Covid-19 muri Afurika azajya afatwa nk’utarakingiwe
Ibi binyeretse ko izo tumaze iminsi duterwa zishobora Kuba zitandukanye n’izo bo bafata!
Mu Bwongereza: Uwakingiwe Covid-19 muri Afurika azajya afatwa nk’utarakingiwe
Ibi binyeretse ko izo tumaze iminsi duterwa zishobora Kuba zitandukanye n’izo bo bafata!
Mu Bwongereza: Uwakingiwe Covid-19 muri Afurika azajya afatwa nk’utarakingiwe
Ko batangiye kuduha akato kandi twarakoresheje inkingo zabo igihe hazakoreshwa izakorewe muri Afurika hazacura iki? nyamara bo mbona bigwa bidegembya batambaye n’udupfukamunwa igihe twe batujyana mu ma stade. ubukoloni ntibuzashira tu!
Mu Bwongereza: Uwakingiwe Covid-19 muri Afurika azajya afatwa nk’utarakingiwe
Ko batangiye kuduha akato kandi twarakoresheje inkingo zabo igihe hazakoreshwa izakorewe muri Afurika hazacura iki? nyamara bo mbona bigwa bidegembya batambaye n’udupfukamunwa igihe twe batujyana mu ma stade. ubukoloni ntibuzashira tu!
Mu Bwongereza: Uwakingiwe Covid-19 muri Afurika azajya afatwa nk’utarakingiwe
MBEGA UBUGOME!!!!! Bivuze ko izo batuzanira ari amazi. Ubwo akebo kajya iwamugarura. Natwe tubafate gutyo kugeza igihe baduhereye ibisonuro bw’icyo bivuze.
Mu Bwongereza: Uwakingiwe Covid-19 muri Afurika azajya afatwa nk’utarakingiwe
MBEGA UBUGOME!!!!! Bivuze ko izo batuzanira ari amazi. Ubwo akebo kajya iwamugarura. Natwe tubafate gutyo kugeza igihe baduhereye ibisonuro bw’icyo bivuze.