fara1.jpg

Francine Niyonsaba yakiriwe nk’Umwamikazi nyuma yo guhesha igihugu ishema

Sangiza iyi nkuru

Umurundikazi Francine Niyonsaba ukunzwe kwitwa Farah yakiriwe i Bujumbura nk’Umwamikazi, nyuma y’imini yari amaze ahesha ishema igihugu cye mu marushanwa mpuzamahanga yo kwiruka.

Mu gitondo cy’uyu wa 22 Nzeri 2021 ni bwo indege ya Kenya Airways yagezaga Fara ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cyitiriwe Melchior Ndadaye kiri mu murwa mukuru w’ubukungu, Bujumbura, avuye muri Esipanye.

Uyu mukobwa w’imyaka 28 y’amavuko yari ategerejwe n’Abarundi benshi biteguraga kumwakira bidasanzwe, mu muhango wateguwe n’ubuyobozi bw’intara ya Bujumbura bukuriwe na CP Jimmy Hatungimana.

Fara akigera ku kibuga cy’indege, nk’uko bisabwa yabanje kwisuzumisha icyorezo cya Covid-19, birarangira yakirizwa indabo n’igikombe cy’ishimwe.

fara1.jpg

Hafi aho kandi hari imodoka nziza ya leta yari yateguriwe kumuzengurutsa umujyi. Yayinjiyemo, agenda ahagaze asuhuza uruvunganzoka rw’abantu bamwe bambaye amabendera y’igihugu bari bamutegereje. Mu bari bamutegereje; harimo abanyeshuri mu byiciro bitandukanye bari bambaye impuzankano n’abakaraza (abavuza ingoma).

Muri uyu mutambagiro, bigaragara ko hari imodoka zari zimuherekeje, abazirimo bahimbawe, bishimira uburyo uyu mukobwa yanditse amateka mu mukino wo kwiruka; agahesha ishema igihugu n’abagituye.

Muri uku kwezi konyine, Fara yegukanye irushanwa ryo kwiruka ku ntera ya metero 3000 ryabereye i Paris mu Bufaransa, iryo ku ntera ya metero 5000 ryabereye i Brussels mu Bubiligi n’irindi ryo ku ntera ya metero 2000 ryabereye i Zurich mu Busuwisi tariki ya 14 Nzeri yaciyemo agahigo ku Isi, akoresha iminota 14, amasegonda 28 n’ibice 98.

Akimara guca aka gahigo, Umukuru w’Igihugu, Perezida Evariste Ndayishimiye yashimiye uburyo Fara yari amaze iminsi yitwara. Ubutumwa yanyujije kuri Twitter bugira buti: “Mu izina ry’Abarundi bose no mu izina ryanjye, nshimiye umwari Francine Niyonsaba ku ishema ridasanzwe amaze iminsi ahesha u Burundi. Imana ikomeze imuhe umugisha akomeza atere imbere.”

Uko Fara yegukanaga buri rushanwa, ni ko Umufasha wa Perezida Ndayishimiye, Angeline Ndayubaha yamushimiraga mu butumwa yatambutsaga kuri Twitter. Muri iki gihe ari i New York, yashimiye uburyo uyu mukobwa yakiriwe i Bujumbura ati:’N’aha ndi i New York, hanze y’igihugu, nezerewe n’itahuka ry’umwari Francine Niyonsaba na cyane cyane uburyo Abarundi bamwakiranye ishema ridasanzwe. Ni nako yiteye ishema, arongera aritera u Burundi bamwibarutse.”

Mu irushanwa riheruka rya Nocturna de Valencia ry’ibilometero 15 ryabereye muri Esipanye tariki ya 18 Nzeri 2021, Fara yagukanye umwanya wa gatatu, akoresheje iminota 50 n’amasegonda 37. Iri rushanwa ryegukanwe n’Umunyakenyakazi Joyce Chepkemoi Tele wakoresheje iminota 47 n’amasegonda 24.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *