Kuri uyu wa Mbere, itariki 19 Ukuboza mu Burundi abashinjwa gushaka guhirika ubutegetsi bongeye kugezwa imbere y’urukiko rusesa imanza, aho abashinjwa n’abunganizi babo mu mategeko basabye urukiko gusubiramo urubanza bushyashya.
Amakuru dukesha Ijwi rya Amerika aravuga ko uru rubanza rwo kuwa mbere rwabaye mu muhezo umwanzuro wa nyuma ukazafatwa mu gihe cy’iminsi 30 iri imbere.
Abashinjwa kugira uruhare mu mugambi wo gushaka guhirika perezida Nkurunziza ku butegetsi bagejejwe imbere y’urukiko kuri uyu wa Mbere bari 17, bose bakaba bari bakatiwe igifungo cya burundu.
Icumi muri aba bari bafite ababunganira mu mategeko mu gihe abandi 7 nta bunganizi bari bafite. Mu batari bafite abunganizi harimo Gen. Cyrille Ndayirukiye ufatwa nka numero ya kabiri mu bari bayoboye uyu mugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi kuwa 13 Gicurasi 2015.
Ubwo yagezwaga imbere y’urukiko, Gen Cyrille Ndayirukiye yibukijwe ko yambuwe uburenganzira bwo kunganirwa. Yahise asaba ko urubanza rusubirwamo kubera ko urubanza abacamanza bakoreye ku gitsure kandi ko uru rubanza rurimo impamvu za politiki .
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Bamwe mu bashinjwa kugira uruhare mu mugambi wo gushaka guhirika Nkurunziza bari bakatiwe gufungwa burundu mu rubanza rwa mbere harimo Gen Prime Ngowenubusa, wahoze ari umugaba mukuru wungirije w’ingabo zirwanira ku butaka. Umwunganizi we mu mategeko, Me Fabien Segatwa, yavuze ko impamvu basaba ko urubanza rusubirwamo ari uko umushinjacyaha nta bimenyetso yagaragaje bishinja abo bunganira, ikindi ngo ni uko byinshi babajijwe byatumye bakatirwa gufungwa burundu batari babibajijweho mu rukiko cyangwa imbere y’umucamanza.
Urubanza rw’abashinjwa gushaka guhirika ubutegetsi rwari rwaciwe kuwa 09 Gicurasi 2016. Abaregwa bose ni abapolisi n’abasirikare 28. Usibye aba 17 bakatiwe gufungwa burundu bageze imbere y’urukiko kuri uyu wa Mbere, batanu muri bo bakatiwe gufungwa imyaka 2 kandi bemera igihano bahawe ntibajurira. Abandi batatu bari barekuwe n’umucamanza wa mbere bagasabirwa gufungwa burundu n’umucamanza wa kabiri, bo bahunze igihugu mbere y’uko bongera gutabwa muri yombi, mu gihe abandi batatu bagizwe abere.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


